AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Ibara ry’ ingwe mu byaranze ubukwe bw’ impanga zashyingiranywe n’ umukobwa umwe

Ibara ry’ ingwe mu byaranze ubukwe bw’ impanga zashyingiranywe n’ umukobwa umwe
4-02-2019 saa 13:07' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 12087 | Ibitekerezo

Mu isi hari ibintu byinshi bigaragara k’ ibidasanzwe ariko bimwe muribyo biba ibidasanzwe mu gihugu runaka ahandi bakabibona nk’ ibisanzwe.

Hari ubwo ubona umugabo yashyingiranywe n’ umukobwa we bwite, cyangwa ukumva umugore yashyingiranywe n’ umuhungu we nyuma yo gupfusha umugabo.

Muri Afurika y’ Epfo habereye ubukwe bamwe bashobora kubona nk’ ubudasanzwe, aho abasore babiri b’ impanga bashyingiranywe n’ umukobwa umwe.

Inkuru y’ ubu bukwe yabaye kimomo ku mbuga nkoranyambaga, ubwo radio yo muri Afurika y’ Epfo yashyiraga ahagaragara amafoto y’ ubu bukwe.

Aba basore babiri b’ impanga n’ umukunzi wabo bafotowe bambaye uruhu rw’ ingwe barambitse ikiganza kuri bibiliya.

Uwakwirakwije aya mafoto kuri twitter yavuze ko “Iyo abantu ari impanga ntakabuza ngo n’ ibyo bakora bikwiye kuba bimwe”

Ntibyari bisanzwe ko abasore babiri b’ impanga bashyingiranwa n’ umukobwa, gusa hagiye humvikana inkuru zitandukanye z’ abakobwa b’ impanga bashyingiranywe n’ umusore umwe n’ ababyifuje bagasanga binyuranyije n’ amategeko mbonezamubano y’ ibihugu byabo.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA