AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Umunyarwanda yatsinze Umunya-Botswana ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe Nyafurika ry’imikino y’abafite ubumuga

Umunyarwanda yatsinze Umunya-Botswana ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe Nyafurika ry’imikino y’abafite ubumuga
1er-11-2021 saa 08:10' | By Editor | Yasomwe n'abantu 676 | Ibitekerezo

Amatora ya komite nyobozi y’ishyirahamwe Nyafurika ry’imikino y’abafite ubumuga, yasize Umunyarwanda Nzeyimana Celestin atorewe kuba Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe rizwi nka APC (Africa Paralympics Committee).

Nzeyimana Celestin yatorewe mu matora yabaye kuri iki Cyumweru tariki 31 Ukwakira 2021 mu nama ya komite Nyobozi ya ririya shyirahamwe.

Nzeyimana wabaye Perezida wa Komite Paralempike y’u Rwanda hagati ya 2013 na 2017, yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru ku majwi 30, atsinze Umunya-Botswana Thuso Rasetapa wagize amajwi icyenda.

Ku mwanya wa Perezida hatowe Umunya-Ghana, Samson Deen, akaba azungirizwa n’Umunya-Misiri, Hayat Khattab n’Umunya-Cap-Vert Hamid El Aouni nka Visi Perezida wa Mbere n’uwa Kabiri mu gihe Umubitsi yabaye Khaled Mohammed Al-Rugaibi wo muri Libya.

Nzeyimana wabaye umukinnyi wa Volleyball na Sitting Volleyball hagati ya 2004 na 2008, yabaye kandi Umunyamabanga Mukuru wa NPC Rwanda hagati ya 2006 na 2012.

Yabaye n’Umunyamabanga Mukuru wa Para Volley Africa hagati ya 2017 na 2020 mu gihe kuri ubu ari Umujyanama wa NPC Rwanda.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA