Abakinnyi bane b’ikipe ya Etoile de l’Est barimo abasanzwe ari inkingi za mwamba muri iyi kipe, birukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe bubashinja kwigumura ngo kuko batarahembwa imishara y’Ukuboza 2021.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Mutarama 2022 nibwo hafashwe umwanzuro wo gusezerera abakinnyi Mashingirwa Kibengo Jimmy [Jimmy Mbaraga], Gahamanyi Boniface Didier, Harerimana Jean Claude [Kamoso] na Nzabamwita David Saibadi ariko bakaba batarahabwa amabaruwa.
Umwe mu bakinnyi ba Etoile del’Est yatangaje ko icyo aba bakinnyi bazize ari ukwanga kuza gutangirana imyitozo na bagenzi babo bavuga ko batarahembwa imishahara y’ukwezi k’Ukuboza 2021.
Amakuru avuga ko bashyiraga n’umwuka mubi muri bagenzi babo bababuza gusubukura imyitozo batarabona amafaranga yabo.
Etoile del’Est ikaba yarasubukuye imyitozo yitegura umukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona bazakina na Espoir FC i Rusizi tariki nya 14 Mutarama 2021.