Umukinnyi ukomeye mu Rwanda, Byiringiro Lague usanzwe akinira APR FC, yateye intambwe imuganisha mu kindi cyiciro ahoy amaze kwambika impeta umukunzi we amusaba kumubera umugore ndetse kuri uyu wa Kane barasezerana imbere y’amategeko.
Uyu rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu na APR FC, yambitse impeta umukunzi we Uwase Kelia ndetse ngo barasezerana mu mategeko kuri uyu wa Kane tariki 30 Nzeri 2021.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ni bwo uyu mukinnyi ukina asatira izamu, yafashe icyemezo cyo kwambika impeta umukunzi we.
Kuri ‘status’ ya Instagram ye, yahashyize ifoto y’ibiganza byabo byombi bifatanye nyuma yo kwambika Uwase Kelia impeta, ayikurikiza amagambo agira ati “isezerano ni ubu n’iteka ryose.”
Amakuru twamenye ni uko aba bombi bazasezerana imbere y’amategeko ku wa Kane, tariki ya 30 Nzeri 2021 mu gihe ubukwe buzaba mu mezi ari imbere.
Byiringiro yazamuwe mu Ikipe Nkuru ya APR FC muri Mutarama 2018 avuye muri Intare FC yagezemo avuye muri Vision FC.
Uyu musore w’imyaka 21, yatsinze ibitego bitandatu muri Shampiyona ya 2019/20 n’ibitego bitanu muri 2020/21.