AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Abakinnyi 10 bahembwa agatubutse mu Rwanda : Jacques Tuyisenge arayoboye

Abakinnyi 10 bahembwa agatubutse mu Rwanda : Jacques Tuyisenge arayoboye
26-11-2021 saa 14:19' | By Editor | Yasomwe n'abantu 3045 | Ibitekerezo

Hasohotse urutonde rw’abakinnyi ba ruhago 10 ba mbere bahembwa umushahara utubutse kurusha abandi mu Rwanda bayobowe na Jacques Tuyisenge uhembwa Miliyoni 3,5 Frw.

Uru rutonde rwasohowe na Radio B&B FM Umwezi, ruyobowe na Tuyisenge Jacques rutahizamu wa APR FC uhembwa miliyoni 3,5 Frw ku kwezi.

APR FC kandi ifitemo Manishimwe Djabel uherutse gusinya amasezerano y’imyaka itanu muri iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, ahembwa Miliyoni 1,2 Frw akaba ari ku mwanya wa 6.

Ku mwanya wa kabiri hariho Umunya-Uganda, Emmanuel Okwi uherutse gusinya amasezerano muri Kiyovu Sports uhembwa miliyoni 3 Frw, iyi kipe kandi ikaba ifitemo Niyonzima Olivier alias Seif uri ku mwanya wa 9 akaba ahembwa ibihumbi 900 Frw.

Police FC ifite abakinnyi benshi muri iyi top 10, ifitemo Hakizimana Muhadjiri uri ku mwanya wa gatanu uhembwa Miliyoni 1,3 Frw, Danny Usengimana uri ku mwanya wa karindwi akaba ahembwa Miliyoni 1 Frw na Rutanga Eric uhembwa ibihumbi 900 Frw.

AS Kigali na yo iri mu makipe ahagaze neza muri iki gihe, yo ifitemo abakinnyi babiri ari bo Lamine Moro uri ku mwanya wa gatatu uhembwa Miliyoni 2 Frw na Mutyaba Mzamiru uri ku mwanya wa 7 uhembwa Miliyoni 1 Frw.

Naho Rayon Sports iri mu makipe akomeye mu Rwanda, yo ifitemo umukinnyi umwe ari we Muhire Kevin akaba na Kapiteni wayo aho ahembwa miliyoni 1,5 Frw.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA