AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

APR ifite shampiyona na yo yahawe uburenganzira bwo gusubukura imyitozo

APR ifite shampiyona na yo yahawe uburenganzira bwo gusubukura imyitozo
10-04-2021 saa 16:29' | By Editor | Yasomwe n'abantu 1966 | Ibitekerezo

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahaye uburenganzira ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC bwo gusubukura imyitozo kugira ngo yitegure shampiyona inafitwe n’iyi kipe yatwaye mu mwaka w’imikino ushize.

Ubu burenganzira FERWAFA ibutanze nyuma yo gusura aho ikipe ya APR FC izaba muri iyi minsi hitegurwa isubukurwa rya shampiyona aho biteganyijwe ko izasubukurwa guhera ku itariki ya 1 Gicurasi 2021 kugeza ku ya 29 Kamena 2021.

Bashingiye ku igenzura ryakozwe n’Akanama ka FERWAFA gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ajyanye no kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, aka kanama kasuye APR FC kuri uyu wa gatanu tariki ya 9 Mata 2021, aha bahise bamenyesha APR FC ko bahawe uburenganzira bwo gusubukura imyitozo.

Muri iyi baruwa kandi bamenyesheje APR FC ifite igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize w’imikino wa 2019-2020 ko mbere y’uko ikipe isubira mu mwiherero buri wese agomba kuzabanza kwipimisha COVID-19.

Muri rusange iri genzura ryibanda ku kureba ko aho ikipe izakorera umwiherero ko hujuje iby’ibanze byose bikenewe mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Kugeza ubu mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona, ikipe ya APR FC iri mu itsinda rya mbere hamwe na AS Muhanga, Bugesera FC ndetse na Gorilla FC.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA