AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

AMAFOTO 15 ukwiye kwitegereza kabiri mbere yo guca urubanza

AMAFOTO 15 ukwiye kwitegereza kabiri mbere yo guca urubanza
22-02-2020 saa 07:31' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 16682 | Ibitekerezo

Amafoto yafotowe na bagafotozi b’abahanga mu mwuga hari igihe aba afite ubutumwa bujijishije ku buryo iyo ureba adashishoje ashobora gutwara ubutumwa butaribwo bitewe n’amarangamutima ye.

Aya ni amwe mu mafoto abumbatiye ubutumwa buhabanye n’ubwo umuntu ahingukiraho, bikamusaba gushishoza ngo amenye ubutumwa nyiri izina buri kuri iyo foto.

Uriya mukobwa uri gukora yoga ntabwo ari hejuru y’uyu ugaramye ahubwo ari hirya ye

Uyu mugore ntabwo afite imitwe ibiri ahubwo inyuma ye hari undi

Ntabwo bisobanuye ko uyu mwana nta mutwe afite ahubwo uwa se se wawuhishe

Ntabwo ari akaboko k’uyu mukobwa gafite ubwoya ahubwo hari umusore wambaye ikoboyi utagaragara neza

Izi ntoki ubona si izuriya mugabo kuko we aripfumbase ni iz’uyu mugore wambaye umupira w’icyatsi

Uyu mukobwa ntabwo yambaye ubusa, ahubwo ni ukwaha k’uwo bari kumwe

Uriya mugabo ntabwo afite akaboko karere ahubwo uyu mugore niwe uri gukora mu mufuka w’inyuma w’impantalo ye

Uyu mukobwa wambaye agapira k’umweru ntabwo yambaye ubusa, amaguru ye urayabona nushishoza kuko yambaye ipantalo y’ikoboyi

Niba uri kubona uyu mukobwa agiye gutamira bariya bantu urimo kwibeshya kuko bariya bantu bari hirya ye

Uyu mugabo siwe utwite, ahubwo umutwe w’umugore we ukingirijwe n’igiti

Amaso yawe ari kukubeshya niba uri kubona ko uwo mwana afite amaguru ameze nk’ay’umugabo ukuze, amaguru y’uwo mwana akingirijwe n’aya se

Iyi twiga ntabwo igiye kurya iyi ndege ahubwo indege iri hirya yayo

Uyu mukobwa ntabwo ari kwerekana amabere ye ahubwo ibyo uri kubona ni amavi ye


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA