Mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 3 Mata 2018, Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda (RCS) rwafashe BATAMBARIJE Theogene wari umwe mu itsinda ry’abantu batatu batorokanye n’Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien wahamwe n’ibyaha biri muri dosiye imwe n’iya Kizito Mihigo. Aho bari batorotse gereza ya Nyanza mu mpera z’umwaka ushize
Uyu mugabo wafashwe ni mwene Mukamwambutsa batuye mu kagari ka Rwimbogo, umurenge wa Gatebe, akarere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru.
Bivugwa ko uyu mugabo yafashwe ubwo yari yibereye mu kabari anywa inzoga ahitwa mu Miyove ngo abaturage baza gutungira agatoki inzego z’umutekano zibasha kumufata
Umuvugizi w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda, CIP Hillary Sengabo yavuze ko uyu Theogene wafashwe yari amaze amezi atandatu atorotse aho yatorotse ari kumwe na Ntamuhanga Cassien ndetse na Sibomana Kirenge kuwa 31 Ugushyingo 2017
Batambarije Theogene wafatiwe mu karere ka Gicumbi mu ijoro ryakeye yari yarahamwe n’ibyaha byo gufata ku ngufu aho yakatiwe igifungo cy’imyaka 16 nyuma akaza gutoroka gereza ya Nyanza atakirangije
Igitabo cy’amategeko ahana hano mu Rwanda giteganya ko umuntu utoroka gereza atarasoza igihano cye iyo afashwe ahanishwa kukubirwa inshuro ebyiri icyo yari yarahawe. Bivuze ko uyu Theogene ashobora gufungwa indi myaka 16 yiyongera kuyo yari yarakatiwe mbere.