AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Ruhango : Umugabo n’umugore n’abana babo bapfiriye mu mpanuka, umushoferi akizwa n’amaguru

Ruhango : Umugabo n’umugore n’abana babo bapfiriye mu mpanuka, umushoferi akizwa n’amaguru
14-11-2016 saa 17:11' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 17479 | Ibitekerezo

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2016, impanuka y’imodoka yabereye ku Ntenyo mu karere ka Ruhango, yahitanye ubuzima bw’umuryango w’abantu bane, abandi barakomereka naho umushoferi we akizwa n’amaguru.

Iyi nkuru ibabaje yemejwe na ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, watangarije ikinyamakuru Ukwezi.com ko iyi mpanuka ari iy’imodoka yo mu bwoko bwa Jeep yataye umuhanda igeze mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango aho bakunda kwita ku Ntenyo, ikagonga umuryango w’abantu bane ugizwe n’umugabo n’umugore we n’abana babo babiri bagahita bahasiga ubuzima.

ACP Theos Badege akomeza avuga ko mu bari muri iyo modoka abazwi bakomeretse ari babiri kuko umushoferi we yahise yiruka agatoroka n’ubu akaba agishakishwa, hanyuma hakaba hari abandi bantu babiri nabo bari hafi aho bagonzwe bagakomereka bivuga ko abagonzwe bose ari batandatu, bane bo mu muryango umwe bakaba bapfuye naho babiri bagakomereka, bakiyongeraho abandi babiri bari mu modoka nabo bakomeretse, bivuga ko impanuka muri rusange yapfiriyemo bane ikanakomerekeramo abandi bane.

ACP Theos Badage ; umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yasoje ikiganiro twagiranye yihanganisha imiryango y’ababuriye ubuzima muri iyi mpanuka ndetse n’abakomeretse abasaba gukomeza kwihangana. Imirambo y’abo muri uyu muryango waguye muri iyi mpanuka iri mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kabgayi, n’abakomeretse bakaba ari ho barimo kuvurirwa.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA