Umugabo wari mu kazi ko guhanagura ibirahuri kuri etaje iri gukorerwa amasuku mu mujyi wa Kigali ahazwi nka Quartier Matheus yahanutse kuri etage yitura hasi ahita apfa.
Byabaye kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020. Iyi nzu uyu mugabo yakoragaho isuku ni etaje yuzuye hafi ya City Plazza, yitwa NDARU ARCAD1 iherereye muri Quartier Matheus muri Kigali.
Abamubonye ahanuka bavuga ko byatewe n’uko atari amanyereye akazi. Yakandagiye nabi ku kirahure cyo kuri etaje ya kane kiraroboka ahita ahanuka agwa hasi abanje umutwe.
Ni Uhawenayo Martin uri mu kigero cy’imyaka 30. Inzego z’umutekano zamaze kugera aho iyi mpanuka yabereye.
Abakoraga n’uyu mugabo bavuga ko uyu mugabo akimara gupfa bahise bahamagara Polisi y’u Rwanda itwara umurambo.
Polisi y’ u Rwanda n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB bageze ahabereye icyaha bahita batangira iperereza.
Nyakwigendera Uhawenayo Martin yasize umugore n’umwana nk’uko byatangajwe n’abakoranaga nawe.