AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Kigali : Impanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw’abantu bane abandi barakomereka

Kigali : Impanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw’abantu bane abandi barakomereka
30-10-2016 saa 18:04' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 15971 | Ibitekerezo

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2016, impanuka ikomeye y’imodoka yabereye mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, ikaba yahitanye ubuzima bw’abantu bane abandi barakomereka.

Amakuru y’iyi mpanuka yemejwe na CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda. Yatangarije ikinyamakuru Ukwezi.com ko iyi mpanuka yabaye ahagana saa tanu za mugitondo cyo kuri iki Cyumweru, abantu bane bagapfa abandi bane bagakomereka.

CIP Emmanuel Kabanda avuga ko impanuka yabereye mu mudugudu wa Bisenga, mu kagari ka Bisenga, mu murenge wa Rusororo wo mu karere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali, aho bakunda kwita ku Cyagakwerere.

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Everest ifite ibirango RAB 447 T yari itwawe na Nzaramba François, yataye umuhanda igonga abanyamaguru 4 bahita bapfa, abandi 2 barakometeka. Imodoka kandi yari irimo abantu 6, babiri muri bo harimo n’uwari utwaye bakomeretse abandi 4 bavamo ntacyo babaye. Impamvu yatumye irenga umuhanda ntiramenyekana, iperereza ryatangiye gukorwa.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA