Nyuma y’uko hari abasirikare bakuru mu gisirikare cy’u Rwanda bari bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru muri Nyakanga 2016, Perezida Kagame yemeje Iteka ribashyira mu kiruhuko hanatangazwa amazina yabo bose.
Iteka rya Perezida N° 41/01 ryo ku wa 17/02/2017 ryemerera kujya mu kiruhuko cy’izabukuru ba Ofisiye bo mu Ngabo z’u Rwanda, ryasohotse mu igazeti ya Leta N° 9 yo kuwa 27/02/2017, rigaragaza urutonde rw’abasirikare bakuru b’u Rwanda baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru.
Iyi gazeti igaragaramo ko iri teka ryatangiye gukurikizwa ku munsi ryatangarijweho mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y‘u Rwanda, ariko agaciro karyo kagahera ku wa 08/07/2016.
Umuhango wo gusezerera mu cyubahiro ofisiye n’abasirikare b’Ingabo z’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru wari wabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2016, uyoborwa na Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe.
URUTONDE RW’ABASIRIKARE BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU :