Umusore witwa Bimenyimana Joseph yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Gicurasi 2018, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa nyuma yo gutemagura n’umuhoro mushiki we wendaga gushyingirwa bapfuye ko uyu musore yari yibye umubyeyi wabo amafaranga yari kuzakoreshwa mu birori byo gushyingira uyu mushiki we.
Bimenyimana Joseph na mushiki we, Mujawamaliya Anathalie bose babanaga n’ababyeyi ndetse n’abandi bana bavugaka aho batuye mu murenge wa Coko, akarere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru.
Abo muri uyu muryango babwiye Ikinyamakuru Ukwezi.com ko Bimenyimana yari yibye amafaranga 119,000Frw ya nyina ubabyara, nyuma bashiki be bamenye ko yayabikijeho kuri simukadi ye (Mobile Money), baza kuyifata barayabikuza wa musore abimenye araza afata umuhoro atemagura umwe muri aba bashiki be, Mujawamaliya Anathalie wari uri no hafi gushyingirwa ngo n’aya mafaranga niyo abo muri uyu muryango bari bateganya gukoresha muri ibi birori.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Coko, Ndacyayisenga yabwiye Ukwezi.com ko uyu musore yashyizwe mu majwi n’abo mu muryango we bavuze ko yari asanzwe afite imyitwarire mibi nk’uko babihamirijwe n’abo mu muryango we barimo na nyina ubabyara.
Gitifu Ndacyayisenga yakomeje avuga ko icyo bakora nk’ubuyobozi ari ukuganiriza abaturage bakababwira ububi bw’ibyaha nk’ibi ngibi. Ati “Ejo mu nteko y’abaturage twarabaganirije tubabwira kwirinda ibyaha n’ubu bw’ibyaha nk’ibi”
Kuri ubu Bimenyimana Josph yajyanywe kuri sitasiyo ya RIB iherereye ku Rushashi naho mushiki we, Mujawamaliya Anathalie watemwe akaba yahise ajyanwa ku bitaro bya Ruli aho ari gukuirikiranwa n’abaganga.