Umupolisikazi w’umunyarwanda wanduriye mu butumwa bw’amahoro icyorezo cya COVIDI19 giterwa na Coronavirus yahitanywe nacyo nyuma yo kugezwa mu Rwanda avanywe mu mahanga akaza kurwara akaremba kugeza yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko mu masaha 24 ashize abantu barindwi bashya bagaragaweho ubwandu bwa Coronavirus mu gihe abandi barindwi bakize iki cyorezo bagataha iwabo ndetse umwe yitaba Imana.
Umuntu umwe witabye Imana azize icyorezo cya COVID19 giterwa na Coronavirus kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, aje ari uwa kabiri umaze guhitanwa nacyo kuva tariki 12 Werurwe ubwo cyageraga ku butaka bw’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko umuntu wapfuye yari umupolisikazi w’imyaka 24 wari mu butumwa bw’akazi mu mahanga aho yanduriye Koronavirusi aza mu Rwanda amaze kuremba.
Ikomeza ivuga ko “Yahise yitabwaho n’abaganga yaje kwitaba Imana azize uburwayi bukomeye.”