AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Pologne yahaye u Rwanda inkingo ibihumbi 300 zashyikirjwe Amb. Shyaka

Pologne yahaye u Rwanda inkingo ibihumbi 300 zashyikirjwe Amb. Shyaka
20-11-2021 saa 07:10' | By Editor | Yasomwe n'abantu 935 | Ibitekerezo

Igihugu cya Pologne cyahaye u Rwanda doze ibihumbi 300 z’inkingo za COVID-19 zabanje gushyikirizwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof. Shyaka Anastase.

Pologne ihaye u Rwanda izi doze 300 000 z’inkingo za COVID-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca mu rwego rwo kurushyigikira mu kugera ku ntego yarwo yo gukingira abaturage benshi.

Uyu muhango wo kwakira izi nkingo, wabereye muri Pologne aho u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi warwo muri kiriya Gihugu, Prof Shyaka Anastase mu gihe kiri Gihugu cyari gihagarariwe n’Uwungirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Pologne ihaye u Rwanda izi nkingo 300 000 mu gihe kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, u Rwanda rwakiriye izindi doze miliyoni 1.6 z’urukingo rwo mu bwoko bwa Moderna, zatanzwe n’igihugu cya Canada binyuze muri gahunda ya Covax.

Nanone kandi igihugu cya Luxembourg cyahaye u Rwanda inkingo 309 600 zo mu bwoko Astra Zeneca na bwo binyuze muri Covax.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA