Abafite coronavirus mu Rwanda bongeye kwiyongera mu gihe mbere y’iminsi itatu ishize Abanyarwanda bari batangiye kugira icyizere ko bagiye gutsinda iki cyorezo.
Kuri uyu wa 26 Mata habonetse 8 mu bipimo 1025 byafashwe mu masaha 24 ashize. Abakize ni 4. Ibi byatumye abanduye bose baba 191, abakize bose ni 92, abakirwaye baba 99.
Minisiteri y’ Ubuzima ivuga ko uku kongera kwiyongera kw’iyi virus ku butaka bw’u Rwanda bigaragaza ubwiyongere bwayo mu batwara amakamyo yambukiranya imipaka n’abo bakorana.
Ubu bwiyongere bwatangiye ku wa Gatanu ubwo habonekaga abarwayi 22, no ku wa Gatandatu ubwo habonekaga abarwayi 7, wakongera 8 babonetse none ku Cyumweru bigatuma baba abanduye 37 babonetse mu minsi itatu gusa.
Mu Rwanda ikigereranyo cy’abamaze gukira iyi virusi kiri 51,8%. Coronavirus imaze kwica abarenga ibihumbi 200 ku Isi, naho abamaze kwandura ni hafi miliyoni 3 ku Isi.
Abanduye bose mu Rwanda bari kuvurirwa ahabigenewe. Guverinoma y’u Rwanda isaba abaturarwanda gukomeza kwirinda ingendo zitari ngombwa kuko ariyo nzira y’ingenzi yo gutsinda iyi virusi.