AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Gisagara : Barapimwa ku buntu umwijima, abanduye bagashyirwa ku miti

Gisagara : Barapimwa ku buntu umwijima, abanduye bagashyirwa ku miti
25-04-2020 saa 11:38' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 817 | Ibitekerezo

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gisagara baravuga ko nta makuru ahagije bafite ku ndwara y’umwijima, ajyanye n’uko yandura, ibimenyetso byayo ni uko yirindwa.

Ni mu gihe akarere muri uyu mwaka w’ingengo y’imari kihaye umuhigo wo gupima abarenga ibihumbi 130 abo gasanze baranduye umwijima bagatangizwa imiti, kuko umwijima ari indwara yica ariko ivurwa igakira iyo uyirwaye abimenye kare akivuza.

Igikorwa cyo gupima abaturage cyatangiye mu kwezi kwa 3 uyu mwaka gikomwa mu nkokora n’icyorezo cya covid-19 ariko ubuyobozi bufata umwanzuro wo gukomeza gupima abaturage hubahirizwa ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Kuri uyu wa 24 Mata, umunyamakuru wa UKWEZI yageze mu murenge wa Save ahari gukorerwa igikorwa cyo gupima abaturage ku buntu. Bavuga ko iki gikorwa bakishimiye kuko bafite amatsiko yo kumenya uko ubuzima bwabo buhagaze gusa icyo bahurizaho ni uko nta makuru bafite kuri iyi ndwara.

Mukangwije Saverine w’imyaka 72 ati “Akamaro ko kwipimisha ni uko umuntu amenya uko ahagaze, yaba yaranduye agatangizwa imiti”.

Rutarindwa Damascene ati “Abakuru b’imidugudu barimo barafata amamikoro bakagenda babidutangariza ngo abantu baze bipimishe. Icyatumye nza kwipimisha ni ukugira ngo menye uko ubuzima bwanjye buhagaze. Iyi ndwara nta makuru nyifiteho, ubwo twaje hano barabidusobanurira”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Save Muhire Ntiyamira David yatangarije UKWEZI ko ku munsi w’ejo hapimwe hepatite abantu 1052, habonekamo 7 bafite hepatite B, na 37 bafite hepatite C.

Ntiyamira David yavuze ko bagiye gukomeza ubukangurambaga kugira ngo abaturage badasobanukiwe iyi ndwara ya Hepatite bayisobanukirwe.

Umuyobozi w’Ishami ry’ubuzima mu karere ka Gisagara Uwingabire Jean Bosco avuga ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari bateganya gupima umwijima (hepatite) 133 334, abamaze gupimwa barenga ibihumbi 66.

Ati “Abo dusanga hafite hepatite bari hagati ya 1 na 2%. Ubusanzwe twajyaga duhuriza hamwe abantu benshi tukabapima ariko kubera icyorezo cya covid-19. Iyi gahunda yatangiye tariki 8 Werurwe isa nk’icitse intege kubera iki cyorezo ariko twarongeye dukomeza gupima hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo”.

Abapimwa ni abaturage bose kuva ku myaka 15 kuzamura. Icyo aka karere gateganya gufasha abatarasobanukirwa iyi ndwara ni ugukomeza ubukangurambaga.

Indwara y’umwijima ibamo amoko atandukanye harimo A,B,C,D na E. Hépatite B irakingirwa ndetse ikanavurwa, gusa umuntu afata imiti y’igihe kirekire ku buryo iyo miti igenda igabanya ubukana bwa virusi. Nyuma ushobora kumupima ikizamini cya ‘charge virale’ ntubone virusi ariko akomeza gufata iyo miti kuko imworohereza nk’uko bimeze ku bafite virusi ya SIDA.

Indwara ya Hépatite C yo nta rukingo igira ariko irakira, hari imiti iyivura mu gihe cy’amezi atatu, umuntu akayifata agakira burundu. Hepatite C yandurira mu mibonano mpuzabitsina no mu zindi mpamvu zose zatuma amaraso y’uwayanduye yinjira mu mubiri w’umuntu utayifite.

Uwingabire avuga ko kurya indyo yuzuye no guhesha umwana inkingo z’umwijima aribyo byongera amahirwe yo kutandura iyi ndwara yica abantu miliyoni n’ibihumbi 400 buri mwaka.

Mu bimenyetso byaho harimo kwiyagarika inkari z’umuhondo, uburibwe bwo kuruhu, kubabara mu ndo no kugira amaso afite ibara rijya kuba umuhondo.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA