Kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mata 2018, Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo impunzi 22 zo mu nkambi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi aho zishinjwa ibyaha birimo kurema umutwe w’iterabwoba. Iyi minsi 30 ije yiyongera kuyo izi mpunzi zari zarakatiwe mbere iza kurangira.
Mu byo izi mpunzi zishinjwa harimo kurema umutwe w’iterabwoba, kurwanya abashinzwe umutekano, no kutubaha amategeko ya Repubulika y’u Rwanda yabahaye ubuhungiro.
Izi mpunzi zaburanishijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Muhanga kuri uyu wa Mbere ruhabwa ububasha n’amategeko yo kuziburanisha cyane ko mbere zaburanishwaga n’urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura mu karere ka Karongi.
Ubushinjacyaha bwari bwasabye urukiko rwisumbuye rwa muhanga kongera iminsi y’igifungo cy’agateganyo kugira ngo bukomeze gukora iperereza no kwegeranya ibimenyetso ku byaha izi mpunzi ziregwa, mu gihe kandi hari hagaragajwe ko izi mpunzi ziramutse zirekuwe zishobora gutoroka cyangwa zigasibanganya ibimenyetso.
Umucamanza yavuze ko ibyo ubushinjacyaha bwasabye bishingiye ku mategeko kandi bifite ishingiro ahita yemeza ko abaregwa bakomeza gufungwa indi minsi 30 y’agateganyo kugira ngo ubushinjacyaha bukomeze iperereza.
Kuri uyu wa Mbere kandi nibwo Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi yasheshe Komite ihagarariye impunzi zo mu Nkambi ya Kiziba iri mu Karere ka Karongi, yari ifite inshingano zo gufasha mu inozabikorwa mu nkambi, aho kuzuza izi nshingano, igakomeza gushishikariza impunzi kwigumura ku nzego z’ubuyobozi bwa Leta ndetse n’abafatanyabikorwa