AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Ukuvuguruzanya hagati ya Sankara na boss we muri MRCD

Ukuvuguruzanya hagati ya Sankara na boss we muri MRCD
25-05-2019 saa 18:25' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 6117 | Ibitekerezo

Ihuriro ry’ amashyaka atavugarumwe n’ ubutegetsi bw’ u Rwanda MRCD , Nsabimana Callixte (Sankara) yari abereye Visi Perezida, ryasohoye itangazo rivuga ko ritemeranya no kuba Sankara yaremeye ibyaha byose aregwa akabisabira imbabazi.

Ku wa Kane w’ iki cyumweru nibwo Nsabimana Callixte yagejejwe imbere y’ urukiko rw’ ibanze rwa Gasabo ngo aburane ku ifungwa n’ ifungura ry’ agateganyo. Bitunguranye Sankara yemeye ibyaha aregwa uko ari 16 avuga ko abisabira imbabazi Abanyarwanda n’ umukuru w’ igihugu.

Ari mu rukiko Sankara yatangaje ko umutwe wa FLN wagambaniye ubuvugizi bwe, kuko wicaga abasivile nyamara atari yo mabwiriza wabaga wahawe, atangaza ko yitandukanyije n’ uyu mutwe.

Paul Rusesabagina, Perezida wa MRCD yasohoye itangazo rivuga ko Sankara akiri umwe mu bayobozi bakuru ba MRCD.

Iryo tangazo rivuga ko gufatwa no koherezwa mu Rwanda kwa ’Sankara’ "nta tegeko na rimwe mpuzamahanga byubahirije" kandi ko "yafungiwe ahantu h’ibanga agakorerwa iyicarubozo kuva yagezwa i Kigali.

Iryo tangazo rivuga ko Nsabimana Callixte kwemera ibyaha byose aregwa ngo yabitewe n’ uko yari amaze ibyumweru bitatu akorerwa iyicarubozo.

Nsabimana Callixte tariki 23 Gicurasi 2019, ntabwo yigeze abwira urukiko ko afunze binyuranyije n’ amategeko nta n’ ubwo yarubwiye ko akorerwa iyicarubozo.

Tariki 17 Gicurasi 2019, Sankara yeretswe itangazamakuru , umunyamategeko we Me Nkundabarashe Moïse abwira abanyamakuru ko umukiriya we ameze neza ndetse ko afunze bikurikije amategeko.

Sankara yabwiye urukiko amazina ya bamwe mu basirikare bakomeye umwe wo muri Uganda n’ undi wo mu Burundi bafashije umutwe wa FLN mu kugaba ibitero byo muri Nyungwe.

MRCD ryahakanye ayo makuru rivuga ko urugamba rwa FLN ruri hagati y’ Abanyarwanda n’ abandi banyarwanda ngo ntabwo Uganda n’ u Burundi bari muri urwo rugamba.

Sankara yabwiye urukiko ko nk’ umunyamategeko azi icyo bivuze kuba yaburana yemera ibyaha akanabisabira imbabazi, kuko ibyaha aregwa ubushinjacyaha bubifitiye ibimenyetso ati “N’ inyoni zo mu biti zanshinja”.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA