AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Rusesabagina yaje mu rukiko atunganiwe bituma urubanza rusubikwa…Sankara yongeye kumutunga agatoki gutinza urubanza

Rusesabagina yaje mu rukiko atunganiwe bituma urubanza rusubikwa…Sankara yongeye kumutunga agatoki gutinza urubanza
11-03-2021 saa 10:56' | By Editor | Yasomwe n'abantu 1115 | Ibitekerezo

Urugerero Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, uyu munsi rwasubitse urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be kuko uyu mugabo uregwa ibyaha birimo iby’iterabwoba yaje adafite abunganizi. Nsabimana Callixte alias Sankara baregwa hamwe, yongeye kuvuga ko iyi myitwarire igamije gutinza urubanza.

Paul Rusesabagina ejo wari wasomewe icyemezo ku nzitizi yari yatanze asaba kurekurwa kuko yageze mu Rwanda ashimuswe, urukiko rukazitesha agaciro, uyu munsi yaje mu rukiko atari kumwe n’abunganizi be, Me Gatera Gashabana na Me Jean Felix Rudakemwa.

Uyu mugabo ukekwaho kuba yarateraga inkunga imitwe irwanya u Rwanda, yabwiye Urukiko ko adashobora kuburana atunganiwe ndetse ko ubwo ejo basomerwaga kiriya cyemezo, bahise baregera ubujurire bwabo.

Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba Rusesabagina yaje mu rukiko atunganiwe, byakozwe ku bushake bwa Rusesabagina n’abamwunganira.

Bwavuze kandi ko Me Rudakemwa akwiye gufatirwa ibihano kuko iyi myitwarire igaragaza agasuzuguro kuko nk’umunyamategeko abizi neza ko kiriya cyemezo cyafashwe ejo kitagomba guhagarika urubanza rwo mu mizi.

Ubushinjacyaha buvuga ko iyi myitwarire igamije gutinza urubanza ku bushake bityo ko hafatwa icyemezo urubanza rugakomeza.

Undi uregwa witwa Hakizimana Théogène, we na bagenzi be batatu na bo baje batunganiwe kuko umwunganizi wabo Me Mugabo Shariff Youssuf atagaragaye mu cyumba cy’iburanisha.

Aba bunganirwa na Me Mugabo Shariff Youssuf, bavuze ko nubwo batabonye umunyamategeko wabo ariko batazi impamvu ataje kuko atigeze abamenyesha.

Ubushinjacyaha bwahise buvuga ko ubusanzwe kuburana umuntu yunganiwe ari uburenganzira ntayegayezwa kandi ko kuba abavoka b’abaregwa bataje, bidakwiye kubagiraho ingaruka.

Bwavuze kandi ko dosiye z’abaregwa zahuje kuko ibyo bakurikiranyweho bifitanye isano, zikaba zarahujwe ngo baburanire hamwe mu nyungu z’ubutabera buhita busaba ko urubanza rwasubikwa rukazimurirwa kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Werurwe.

Umwe mu nteko y’Ubushinjacyaha yagize ati “Urubanza rurimo abantu benshi ariko ibivugwa bifite aho bihurira. Ku bw’ubutabera buciye mu mucyo, kuba hari ababa batunganiwe kandi mu gihe bazagera igihe cyo kubivugaho, urukiko rwashyira mu gaciro hakareba niba hatategekwa Me Rudakemwa kwitabira iburanisha ry’ejo ndetse rukaba rwagira ibihano rumufatira.”

Nsabimana Callixte wari wariyise Majoro Sankara na we watse ijambo, yongeye kuvuga ko Rusesabagina agamije gutinza urubanza nkana.

Sankara wanize amategeko, yavuze ko ubusanzwe kuba umuntu yaburana yunganiwe ari uburenganzira ahabwa n’amategeko ariko ibya Rusesabagina bigaragaza ubushake bwo gutinza urubanza bityo ko hari hakwiye gufatwa icyemezo.

Yagize ati “Ko mwahaye agaciro ko yireguye muri RIB kandi adafite umwunganizi. Uyu munsi kuba atunganiwe kuki mutabiha agaciro.”

Sankara yagarutse ku byabaye mu iburanisha riheruka ubwo Rusesabagina yabanzaga gusaba urukiko guhabwa igihe cyo gutegura uko bazasobanura imbogamizi yo kuba ngo yarageze mu Rwanda ashimuse, ariko Urukiko rukabitera utwatsi.

Icyo gihe Sankara yari yavuze ko Rusesabagina ameze nk’umunyeshuri utinya isuzumabumenyi ku buryo igihe cyose rije aba ashaka kuryigizayo, uyu munsi yongeye kuvuga ko ibi byose bigaragaza ubushake bucye bwo gutuma urubanza rwihuta.

Inteko y’Urukiko yumvise ibyatangajwe n’ababuranyi, yafashe umwanya wo kwiherera ngo isuzume niba urubanza rwakomeza cyangwa rwasubikwa.

Urukiko rwansuye ko mu nyungu z’ubutabera, urubanza rutaburanishwa mu gihe bamwe mu baregwa batunganiwe, rufata icyemezo cyo gusubika urubanza, rurwimurira kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Werurwe 2021.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA