AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Perezida Kagame yifurije Cyril Ramaphosa gukira vuba nyuma yo kwandura COVID-19

Perezida Kagame yifurije Cyril Ramaphosa gukira vuba nyuma yo kwandura COVID-19
13-12-2021 saa 11:15' | By Editor | Yasomwe n'abantu 427 | Ibitekerezo

Nyuma y’uko Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bamusanzemo icyorezo cya COVID-19, mugenzi we Perezida Paul Kagame yamwifurije gukira vuba.

Kuri iki Cyumweru tariki 12 Ukuboza 2021, Ibiro by’Umukuru w’igihugu muri Africa y’Epfo byatangaje ko Perezida Cyril Ramaphosa yanduye COVID-19.

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Africa y’Epfo, rivuga ko Perezida Cyril Ramaphosa ari kwitabwaho n’abaganga bavura ibimenyetso bya COVID-19.

Iri tangazo kandi rivuga ko abantu bose bahuye na Perezida Cyril Ramaphosa basabwe kugenzura niba hari ibimenyetso bidasanzwe bafite cyangwa bakajya kwipimisha COVID-19.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yifurije mugenzi we Cyril Ramaphoza gukira vuba iki cyorezo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Kagame yagize ati “Ndifuriza umuvandimwe wanjye Perezida Cyril Ramaphosa gukira vuba.”

Mu butumwa na we yanyujije kuri Twitter, Perezida Cyril Ramaphosa na we yashimiye abakomeje kumwifuriza kurwara ubukira by’umwihariko abo mu Gihugu cye, aboneraho kubagezaho ubutumwa bwo gukomeza kwirinda iki cyorezo.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA