Abakuru b’ibihugu birimo u Rwanda, Uganda, Repubulika ya Demukarasi ya Congo na Angola bagiye kongera guhurira I Luanda muri Angola mu nama yiga ku mutekano mu karere ibi ibihugu biherereyemo by’umwihariko ikibazo cy’umubano utifashe neza hagati y’ u Rwanda na Uganda.
Iyo nama izaba ejo ku Cyumweru tariki 2 Gashyantare 2020 nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe ubutwererane muri Afurika y’Iburasirazuba amb. Olivier Nduhungirehe.
Yagize ati “Inama ya 3 y’ibihugu bine ku mubano wa Uganda n’u Rwanda izabera I Luanda ku Cyumweru tariki 2 Gashyantare 2020 bigizwemo uruhare na Perezida wa Angola João Lourenço na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa DRC”.
Mu kwezi kwa 7 umwaka ushize nibwo abakuru b’ibihugu Perezida Paul Kagame w’ u Rwanda na Yoweli Museveni wa Uganda bahuriye I Luanda muri Angola bashyira umukono ku masezerano agamije kugarura umwuka mwiza hagati y’ibihugu byombi. Ayo masezerano yari ahagarikiwe na Perezida Tshisekedi, na Perezida João Lourenço.
Nyuma y’uko hasinywe aya masezerano I Kigali habereye inama y’intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda igamije kwiga kwishyirwamubikorwa ryayo, ikurikiyeho ibera muri Uganda ariko birangira hari ibyo impande zombi zitumvikanaho u Rwanda rutangaza ko iki kibazo kigiye gusubizwa abakuru b’ibihugu bari barashyizeho komisiyo yo kwiga ku ishyurwa mu bikorwa by’aya masezerano.
Uganda iherutse kurekura abanyarwanda 9 yari ifunze binyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa u Rwanda rwashimye ariko ruvuga ko intambwe isigaye ari ndende kuko ngo Abanyarwanda Uganda ifunze muri ubwo buryo barenga 100.