AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Perezida Kagame na Museveni bagiye kongera guhurira mu nama yiga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Perezida Kagame na Museveni bagiye kongera guhurira mu nama yiga ku mubano w’u Rwanda na Uganda
1er-02-2020 saa 10:05' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 1238 | Ibitekerezo

Abakuru b’ibihugu birimo u Rwanda, Uganda, Repubulika ya Demukarasi ya Congo na Angola bagiye kongera guhurira I Luanda muri Angola mu nama yiga ku mutekano mu karere ibi ibihugu biherereyemo by’umwihariko ikibazo cy’umubano utifashe neza hagati y’ u Rwanda na Uganda.

Iyo nama izaba ejo ku Cyumweru tariki 2 Gashyantare 2020 nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe ubutwererane muri Afurika y’Iburasirazuba amb. Olivier Nduhungirehe.

Yagize ati “Inama ya 3 y’ibihugu bine ku mubano wa Uganda n’u Rwanda izabera I Luanda ku Cyumweru tariki 2 Gashyantare 2020 bigizwemo uruhare na Perezida wa Angola João Lourenço na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa DRC”.

Mu kwezi kwa 7 umwaka ushize nibwo abakuru b’ibihugu Perezida Paul Kagame w’ u Rwanda na Yoweli Museveni wa Uganda bahuriye I Luanda muri Angola bashyira umukono ku masezerano agamije kugarura umwuka mwiza hagati y’ibihugu byombi. Ayo masezerano yari ahagarikiwe na Perezida Tshisekedi, na Perezida João Lourenço.

Nyuma y’uko hasinywe aya masezerano I Kigali habereye inama y’intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda igamije kwiga kwishyirwamubikorwa ryayo, ikurikiyeho ibera muri Uganda ariko birangira hari ibyo impande zombi zitumvikanaho u Rwanda rutangaza ko iki kibazo kigiye gusubizwa abakuru b’ibihugu bari barashyizeho komisiyo yo kwiga ku ishyurwa mu bikorwa by’aya masezerano.

Uganda iherutse kurekura abanyarwanda 9 yari ifunze binyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa u Rwanda rwashimye ariko ruvuga ko intambwe isigaye ari ndende kuko ngo Abanyarwanda Uganda ifunze muri ubwo buryo barenga 100.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA