Depite Martin Ngoga uhagarariye u Rwanda Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuba Perezida w’iyi nteko.
Ugutorerwa uyu mwanya kwa Depite Martin Ngoga kumenyekanye kuri uyu mugoroba, aho yatsinze babiri bari bawuhataniye barimo uhagarariye u Burundi ndetse n’uwari uhagarariye Tanzania.
Aya matora abaye yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Ukuboza 2017 nyuma y’uko ku wa Mbere tariki 18 yari yasubitswe bitewe no kuba hari abadepite bahagarariye Tanzania n’u Burundi batasubiye mu cyumba cy’Inteko nyuma y’akaruhuko kakurikiye irahizwa ry’abagize Inteko.
Martin Ngoga yegukanye uyu mwanya ku majwi 33 mu gihe Umurundi Leontine Nzeyimana bari bahatanye yagize amajwi 3 n’aho Umunya-Tanzania Adam Kimbisa ntiyatorwa n’umuntu n’umwe.
Depite Martin Ngoga Watorewe kuyobora EALA