AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Major Dr Aimable ushinjwa gukubita umwana akamwica, yatanze impamvu zituma ataburana

Major Dr Aimable ushinjwa gukubita umwana akamwica, yatanze impamvu zituma ataburana
9-11-2016 saa 11:52' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 11956 | Ibitekerezo

Major Dr Aimable Mupenzi Rugombwa, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda akaba n’umuganga mu bitaro bya gisirikare i Kanombe, kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Ugushyingo 2016 yagejejwe imbere y’Urukiko rwa gisirikare, aho byari biteganyijwe ko urubanza aregwamo gukubita umwana akamwica ruburanishwa mu mizi, gusa yatanze impamvu zituma ataburana.

Major Rugomwa Aimable wageze imbere y’urukiko atari kumwe n’umwunganira, yatangarije abacamanza ko atiteguye kuburana kuko hari ikindi kirego kiyongereye ku byo asanzwe aregwa yashyikirijwe ejo, icyo kikaba ari icy’abo mu muryango w’umwana wishwe bamusaba indishyi z’akababaro.

Major Rugomwa wavuze ko izo mpapuro z’abaregera indishyi zamugezeho kuri uyu wa Kabiri, yasabye urukiko ko yahabwa ukwezi akaba azisoma neza n’umwunganira mu mategeko. Yageze imbere y’urukiko kandi atari kumwe na mukuru we Nsanzimfura Mamerto baregwa ubufatanyacyaha mu bwicanyi, impamvu atabonetse ngo ni uko amaze igihe arwaye.

Byarangiye urukiko rwanzuye ko urubanza rwasubikwa, rukazasubukurwa tariki 20 Ukuboza 2016. Kuwa Kabiri tariki 13 Nzeri 2016, Major Dr Aimable Rugomwa yari yagejejwe bwa mbere imbere y’urukiko, aburana ku bijyanye n’ifunga n’ifungura ry’agateganyo. Yahakanye ko yishe umwana witwa Mbarushimana Theogene, avuga ko ari igisambo barwanye. Yanasabye ko yafungurwa akajya kwikomereza ubushakashatsi bwe, ariko ibi urukiko rwabiteye utwatsi rumukatira gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Aramutse ahamwe n’icyaha cyo kwica umuntu ku bushake, Maj. Dr Aimable Rugomwa Mupenzi yahanishwa igifungo cya burundu nk’uko ingingo y’140 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ibiteganya.

SOMA INKURU BIJYANYE HANO :

* Kigali : Umuganga ufite ipeti rya Major yakubise umwana aramwica

* Ingabo z’u Rwanda zasuye umuryango w’umwana wishwe akubiswe na Major Mupenzi

* Major Aimable Mupenzi yahakanye gukubita umwana akamwica, avuga ko yarwanye n’igisambo

* Major Dr Aimable ushinjwa gukubita umwana akamwica yakatiwe kuba afunzwe by’agateganyo


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA