Kompanyi y’itumanaho ya MTN Rwanda, yaciwe n’urwego ngenzuramikorere (RURA) akayabo k’amafaranga y’u Rwanda miliyari zirindwi na miliyoni mirongo itatu (7.030.000.000) kubera imikorere mibi ijyanye no gukora amakosa ikarenga nkana ku mabwiriza yahawe.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na RURA, ryashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Gicurasi 2017, icyemezo cyo guca MTN Rwanda aka kayabo cyafashwe n’Ubuyobozi bwa RURA nyuma yo gusuzuma imikorere y’iyi kompanyi bikagaragara ko ikora yakoze ibihabanye n’ibyo yemerewe mu byangombwa yahawe.
RURA ivuga ko MTN yafatiwe ibihano kubera kutubahiriza inshingano ziri mu ruhushya ruyemerera gutanga serivisi z’itumanaho mu Rwanda. MTN Rwanda Ltd yimuriye serivisi zayo z’ikoranabuhanga (IT Services) hanze y’u Rwanda mu gihe yari yabibujijwe n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA). MTN yari yagiranye ibiganiro bihagije na RURA ibuzwa kwimurira izo serivisi hanze y’u Rwanda kandi yihanangirizwa ko nibirengaho izabihanirwa by’intangarugero.
Nyuma yo gukora ibi nkana ikarenga ku biteganywa n’uruhushya yahawe birimo ko yagombaga kubahiriza amategeko n’andi mabwiriza atangwa n’Urwego Ngenzuramikorere, tariki 4 Gicurasi 2017 MTN yahamagajwe n’uru rwego ngo yisobanure maze yiyemerera amakosa yakoze.
Mu nama RURA yakoze tariki 12 Gicurasi 2017, yafashe icyemezo cyo guhanisha MTN Rwanda Ltd ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda miliyari zirindwi na miliyoni mirongo itatu (7.030.000.000).