AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Impaka mu bujurire bwa Paul Rusesabagina uburana ahakana ubwenegihugu bw’u Rwanda

Impaka mu bujurire bwa Paul Rusesabagina uburana ahakana ubwenegihugu bw’u Rwanda
25-09-2020 saa 10:53' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 5060 | Ibitekerezo

Kuri uyu wa Gatanu, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rukorera i Nyamirambo rwatangiye kuburanisha urubanza rw’ubujurire ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo rya Paul Rusesabagina. Ni nyuma y’aho Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rutegetse ko Rusesabagina afungwa iminsi 30 y’agateganyo, ahita ajurira.

Paul Rusesabagina wageze ku rukiko yambaye umwenda w’impuzankano y’imfungwa, akurikiranweho ibyaha 13 bifitanye isano n’iterabwoba. Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu, we n’abunganizi be bagarutse ku nzitizi z’iburabubasha ry’Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, kuko avuga ko atabarizwa mu ifasi yarwo.

Rusesabagina ushinjwa kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare, irimo MRCD na PDR-Ihumure, ikorera mu bice bitandukanye mu karere no mu mahanga, yanavuze ko kuba bamwitirira ibya MRCD kandi yari ashinzwe diplomasi atabazwa ibyari bishinzwe andi mashyaka.

REBA VIDEO UKO YABURANYE HANO :

Abunganizi bakomeje babwira urukiko ko umukiriya wabo uko akekwaho ibyaha bidateganyijwe n’amategeko kuko ngo itegeko ryashingiweho ari irya tariki 30 Kanama 2018 kandi hari ibyaha bamukekaho byakozwe tariki 19 Kamena 2018, mbere y’uko itegeko ryashingiweho rijyaho.

Ku bijyanye n’ubwenegihugu, Rusesabagina n’abunganizi be bavuze ko nta bwenegihugu yari afite kuva mu 1996. Yasobanuye ko akigera mu Bubiligi ibyangombwa bye byose byafatiriwe, ahinduka impunzi yitabwaho na Loni nyuma u Bubiligi buza kumufata nk’umwana wabwo (adoption).

REBA VIDEO IBYO UBUSHINJACYAHA BUVUGA HANO :


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA