AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Dr Diane Gashumba wari Minisitiri w’ Ubuzima yeguye nyuma y’amakosa akomeye n’imiyoborere idakwiye

Dr Diane Gashumba wari Minisitiri w’ Ubuzima yeguye nyuma y’amakosa akomeye n’imiyoborere idakwiye
14-02-2020 saa 20:48' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 18553 | Ibitekerezo

Dr Diane Gashumba wari umaze igihe ari Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, yeguye kuri uyu mwanya kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2020, nyuma y’igihe hari amakosa akomeye n’imiyoborere idakwiye yagiye imugarukaho.

Ibi byatangajwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, ari naho hasobanuriwe ko hari amakosa akomeye n’imiyoborere idakwiye yagiye iranga Dr Diane Gashumba, byumvikana ko kwegura kwe gufite aho guhuriye n"ayo makosa n’imiyoborere mibi.

Ubu butumwa bugira buti : "Uyu munsi, Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard yakiriye ukwegura kwa Minisitiri w’Ubuzima Dr. Diane Gashumba. Uku kwegura kuje gukurikira amakosa akomeye n’imiyoborere idakwiye yakomeje kugaragaza."

Dr Gashumba yahawe Minisiteri y’Ubuzima mu kwezi k’Ukwakira 2016 avuye muri Minisitiri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yari yagiyemo muri Werurwe 2016 asimbuye Oda Gasinzigwa.

Ukwegura kwa Dr Diane Gashumba kuje nyuma y’igihe gito heguye abanyamabanga babiri muri Minisiteri y’Ubutabera no muri Minisiteri y’uburezi, abaherutse kwegura bo bakaba bari no mu nzira yo gukurikiranwa n’ubutabera kubera ibyaha bakekwaho.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA