Camir Nkurunziza, Umunyarwanda w’impunzi wahoze mu ngabo zirinda umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yiciwe ku muhanda i Cape Town muri Afurika y’Epfo.
Hari amakuru yabanje kuvuga ko Nkurunziza yishwe kuri uyu wa Kane ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba n’abantu bamushimuse bamuvanye mu modoka ikora taxi ya Uber yatwaraga.
Nyamara, Amb. Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, yatangaje kuri twitter ko Nkurunziza yishwe na Polisi yo muri Goodwood, azira kuba yararwanyije abapolisi n’icyuma ubwo bashakaga kumuta muri yombi.
Amb. Nduhungirehe yavuze ko Nkurunziza Camir wari mu mutwe w’iterabwoba wa RNC ya Kayumba Nyamwasa nyuma akajya mu wa FLN wa Callixte Nsabimana (Sankara), nawe yaba yari igisuma kandi ngo yari akiri umunyabyaha nk’uko byahoze.
Nkurunziza mu gihe gishize yari umurwanashyaka w’ishyaka Rwanda National Congress (RNC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, akaba yari amaze imyaka umunani ari impunzi muri Afurika y’Epfo.
Amafoto yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga yerekana abantu babiri bari mu modoka barashwe.