Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda Peter Vrooman yatangaje ko igihugu cye cyahaye u Rwanda imfashanyo ya miliyoni y’amadorali yo gufasha u Rwanda guhangana na coronavirus avuga ko Amerika n’u Rwanda ari afatanyabikorwa bakomeye mu bijyanye n’ubuzima rusange.
Yabitangarije mu butumwa bw’amajwi n’amashusho yanyujije kuri twitter aho yavuze ko iyi nkunga ikabakaba miliyari mu mafaranga y’u Rwanda yatanzwe n’abanyamerika mu rwego rwo gufasha u Rwanda guhangana na covid-19 ati “Kandi twizeye neza ko iki kibazo tuzakivamo neza”
Miliyoni y’amadorali y’ Amerika uyishyize mu manyarwanda ni miliyoni 937. Amb. Vrooman yavuze ko iyi ari nkuru nziza ku banyarwanda no ku Banyamerika ati “Kubera ko ubuzima bwanyu ni ubuzima bwacu, kandi ubuzima bwacu ni ubuzima bwanyu”.
Kugeza ubu Leta zunze ubumwe za Amerika nicyo gihugu gifite abarwayi benshi ba covid-19 ku Isi kuko gifite abanduye iyi virusi barenga ibihumbi 277, gikubye kabiri abarwayi b’Ubutaliyani buri ku mwanya wa 2 kuko mu Butaliyani abanduye basaga ibihumbi 119.
Mu Rwanda abanduye iyi virusi bamaze kuba 89, nta muntu irahitana mu Rwanda nta n’uwo Minisiteri y’ubuzima iratangaza ko yakize.
1/3 Uyu munsi nishimiye kubabwira ko twatanze indi nkunga ya $1,000,000 mu bufasha bwo gushakira igisubizo icyorezo cya #COVID cumi ni’cycenda (19).
Ni hafi miliyari y'amanyarwanda yatanzwe na Abanyaamerika
ku’nkunga biyemeje gutera u #Rwanda. pic.twitter.com/7RjxKS6W9p— Ambassador Peter Vrooman (@USAmbRwanda) April 3, 2020