Perezida wa Repubulika, aba Minisitiri, Abadepite, Abasenateri, abayobozi bakuru b’ibigo na za Minisiteri, ba Guverineri, abayobozi b’uturere, abayobozi mu ngabo z’u Rwanda na Polisi n’abandi mu nzego nkuru z’igihugu zitandukanye, bari mu mwiherero mu kigo cya Gisirikare cya Gabiro mu karere ka Gatsibo, aho bageze kuwa Gatanu tariki 25 Gashyantare bakaba bazarangiza uyu mwiherero kuri uyu wa Kane tariki 2 Werurwe 2017. Uretse byinshi baganiriye, banafata igihe bagakora imyitozo ngororamubiri itandukanye.
Mu byo aba bayobozi bunguranyeho ibitekerezo muri uyu mwiherero, ku Cyumweru tariki 26 Gashyantare 2017, harimo ibijyanye n’uburyo Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, Minisiteri y’ibikorwa remezo na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, zikwiye kunoza kugirango intego z’icyerecyezo 2020 zigerweho.
Harebwe kandi kuwa Mbere tariki 27 Gashyantare 2017, ku bikwiye kunozwa muri Minisiteri y’Umutungo kamere, iy’Ubucuruzi n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, ikigo cy’igihugu cy’Iterambere RDB na Minisiteri y’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, byose hagamijwe kureba uburyo bwo kugera byihuse ku cyerecyezo igihugu cyihaye.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare bwo haganiriwe ku bijyanye no kuzamura ireme ry’uburezi ndetse no kugera ku buvuzi bunoze, hasuzumwa ibikorwa bya Minisiteri y’Uburezi n’iy’ubuzima, hanyuma kuri uyu wa Gatatu bwo haganiriwe ku bijyanye n’uburyo bwo guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.
Uretse ibyo baganira ariko, aba bayobozi babyuka kare bakabanza bakanakora imyitozo ngororamubiri muri Mucaka mucaka, hanyuma bakabona kwinjira mu cyumba cyagutse baganiriramo bakungurana ibitekerezo.
REBA AMAFOTO BARI MU MYITOZO HANO :