Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi we wa Mali Ibrahim Boubacar Keita na Uhuru Kenyatta wa Kenya, bitabiriye umunsi wa kabiri w’Inama ya Transform Africa, inama igamije kwihutisha iterambere ry’ikoranabuhanga kuri uyu mugabane wa Afurika
Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Gicurasi 2019 wari umunsi wa kabiri w’iyi nama mbere yo kuyifungura Perezida Kagame yabanje gutembereza bagenzi be Perezida wa Mali Ibrahim Boubacar Keita na Uhuru Kenyatta wa Kenya , mu imurika bikorwa by’ikorana buhanga yaba ibyo muri Afurika n’ahandi ku isi .
Nyuma yo gutembereza aba bashyitsi Perezida Kagame yagejeje ijambo kubitabiriye iyi nama bagera mu bihumbi 4000 baturuka mu bihugu bitandukanye .
Ikindi cyatunguranye muri iyi nama ni Robo Sophia yavuze Ikinyarwanda ndetse n’izindi ndimi zitandukanye ,Sofia kandi yari yambaye n’umushana .
Perezida Kagame yishimiye gusobanurirwa n’abana bo mu Rwanda uburyo robo ishobora kugufasha kwiga no kwirangaza mu mikino itandukanye
Perezida Kagame kandi ari kumwe na mugenzi we wa Mali Ibrahim Boubacar Keita na Uhuru Kenyatta wa Kenya bafunguye blue print
Perezida Kagame na Uhuru Kennyatta basobanuriwe ikoranabuhanga Bank ya Bk ikoresha mu bucuruzi bwayo
Nyuma yo gusura imurika bikorwa Perezida Kagame yagejeje ijambo kubitabiriye iyi nama abasaba guhindura afurika umugabane w’ikoranabuhanga
I Ibrahim Boubacar Keita perezida wa Mali yavuze ko Afurika ishyize hamwe ntacyayinanira cyane cyane mu ikoranabuhanga .
Uhuru Kenyatta yasabye urubyiruko guhimba akazi binyuze mu ikoranabuhanga
Perezida Kagame atebya yavuze ko yishimiye kugeza ikiganiro kubarimo na Sophia yaje mu gikapu
Sophia yaganirije abitabiriye iyi nama mu ndimi zitandukanye zirimo n’ikinyarwanda
Perezida Kagame kandi ari kumwe na mugenzi we wa Mali Ibrahim Boubacar Keita na Uhuru Kenyatta wa Kenya nibamwe mu baperezida ba Afika bashyigikiye ko itera imbere mu ikorana buhanga
Amafoto :Village Urugwiro