Kuri iki Cyumweru tariki 16 Ukuboza 2018, Umuhanzi Kizito Mihigo yasuye Paruwasi ya Kiliziya Gatolika i Rwamagana mu Ntara y’Uburasirazuba, ayikoreramo igitaramo gikomeye cyahembuye imitima y’imbaga y’abakirisitu bacyitabiriye.
Iki gitaramo kitabiriwe mu buryo budasanzwe Kizito Mihigo yamaze amasaha atatu aririmba mu muziki w’umwimerere zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe .
Mbere yo gutaramira abakunzi be b’i Rwamagana, Kizito Mihigo yabanje gutungurana aririmbana n’abana bato bagize Korali yitwa Bright Angels yaririmbye Missa ya kabiri, ayifasha gucuranga no kuririmba.
Ubwo Missa ya Kabiri yahumuzaga, nibwo Kizito Mihigo yatangiye gutaramira abari baje muri iyi Missa, mu gihe cy’amasaha agera kuri atatu n’iminota makumyabiri abantu bizihiwe bikomeye.
Mu ndirimbo Kizito Mihigo yaririmbiye abakristu ba Rwamagana harimo : “Inuma”, “Yohani Yarabyanditse”, “Arc en Ciel”, “Aho kuguhomba yaguhombya, “Nyina wa Jambo”, n’izindi.
Iki gitaramo Kizito Mihigo yakoreye i Rwamagana, kibaye icya gatatu akoze nyuma yo kuva muri gereza, nyuma y’icyabereye muri Kiliziya ya Mutagatifu Karoli Lwanga i Nyamirambo ndetse n’icyabereye iwabo i Kibeho.
Abitabiriye iki gitaramo banyuzwe n’indirimbo za Kizito
Kizito afite gahunda yo kuzenguruka ama Paruwasi yose yo mu Rwanda aririmbira abakunzi be
Ab’i Rwamagana bishimiye kongera kubona Kizito
Abantu bafatanyaga na Kizito kuririmba indirimbo ze
Mbere y’igitaramo Kizito yafashije Korali y’abana baririmbye mu Missa ya Kabiri
Yabacurangiraga anarirrimba