Sinarimbazi Jean Damascene na Uwizeyimana Fortunee, ubu bakabaye bari mu kwezi kwa buki kuko bagombaga kuba barakoze ubukwe kuwa Gatandatu tariki 19 Mutarama 2019, ariko ubu barataka agahinda n’ibihombo batewe n’uko ubukwe bwabo bwapfuye ku munota wa nyuma, kugeza aho ku munsi nyirizina hari abaje babukereye bagatungurwa no kumva ko ubukwe butakibaye
Sinarimbazi Jean Damascene na Uwizeyimana Fortunee bari barasezeranye imbere y’amategeko nk’umugabo n’umugore, imihango ya nyuma y’ubukwe bwabo yari iyo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana mu itorero rya ADEPR. Iyi mihango y’ubukwe yombi yagombaga kuba tariki 19 Mutarama 2019, ariko habura amasaha macye nibwo inshuti n’abavandimwe bamenye inkuru y’incamugongo ko ubukwe bwapfuye, bamwe ntibanabimenya bakomeza kwitegura kugeza ku munsi nyirizina ubwo bageraga ahagombaga kubera ubukwe bakakirizwa iyo nkuru ibababaje.
Umugeni avuka mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango naho umusore ni uwo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera. Umukobwa yasinyiwe n’itorero ry’iwabo ko ashobora gushyingirwa nta kibazo afite cy’uko yaba atwite, ariko icyemezo yajyanye i Bugesera abashumba b’itorero rya ADEPR ntibahise bacyemera biba ngombwa ko bongera gufata ibizamini, nyuma y’igihe kirekire bagoragoza ibizamini baza kwemeza ku munota wa nyuma ko umukobwa atwite bityo ubukwe bupfuye.
Mu kiganiro kirambuye aba bageni bagiranye n’ikinyamakuru Ukwezi ubwo twabasangaga mu mujyi wa Nyamata, badutangarije ko ubu bahisemo kwibera muri uyu mujyi bakibanira nk’umugabo n’umugore kuko babisezeranye imbere y’amategeko. Jean Damascene avuga ko umukunzi we yashatse kwiyahura, kuko abashumba bamubwiraga ko akwiye kumureka akazashaka undi, gusa ngo umugabo yamukomeyeho yiyemeza kwishyingira ubu bakaba bariyemeje kwibanira.
Icyakoze aba bageni bemera ko bari barigeze kuryamana, bakanavuga ko kuba ubuyobozi bw’itorero bwarababujije gusezerana nabyo ari ukubahiriza amahame y’itorero ariko bakanenga cyane uburyo byakozwe ku munota wa nyuma baramaze kwitegura, ndetse umusore anashimangira ko nyuma yo kuvuga ko ubukwe bupfuye batari kureka umukobwa ngo agende batabanje kumuhumuriza kuko byashobokaga ko yari no guhita yiyahura.
Kagarura Pierre Celestin, Umushumba wa Paruwasi ya Rango mu murenge wa Mareba ari naho aba bageni bagombaga gusezeranira, yatangarije ikinyamakuru Ukwezi ko kuba baranze gusezeranya aba bageni byumvikana kuko ibizamini byo kwa muganga byari byagaragaje ko umukobwa atwite bityo bakaba batarashoboraga gushyingira abamaze kwishyingira.
REBA IKIGANIRO KIREKIRE ABA BAGENI BAGARAGAZAMO AGAHINDA KABO :