AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Bishop Tom Rwagasana na Bishop Jean Sibomana bayoboraga ADEPR bagizwe abere

Bishop Tom Rwagasana na Bishop Jean Sibomana bayoboraga ADEPR bagizwe abere
14-12-2018 saa 16:45' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 3118 | Ibitekerezo

Abahoze ari abayobozi bakuru b’itorero rya ADEPR barimo Bishop Jean Sibomana wari Umuvugizi mukuru w’iri torero na Bishop Tom Rwagasana wari umwungirije ndetse na Mutuyemariya Christine wahoze ari umwe mu bagize Komite Nyobozi y’Itorero ADEPR aho yari ashinzwe ubukungu n’imari, bagizwe abere n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo, Urugereko rwarwo rwihariye rukurikirana ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu, bakaba bahanaguweho ibyaha byo kunyereza umutungo no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda inyungu, ndetse n’icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

Muri uru rubanza rwaregwagamo abantu 12, batatu nibo bahamwe n’icyaha cyo kunyereza umutungo no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda inyungu, hanyuma icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano kikaba cyabahanaguweho bose.

Abaregwa bose bashinjwaga ibyaha birimo kunyereza amafaranga asaga miliyari 2 mu gihe cyo kubaka Dove Hotel ya ADEPR, Tom Rwagasana, Jean Sibomana na bamwe mu bo baregwaga hamwe bakaba babaye abere, mu gihe icyaha cyahamye batatu muri bo bagahita banasomerwa ibihano bakatiwe n’urukiko.

Mediatrice Mukabera,wari rwiyemezamirimo, Pasiteri Eng. Theophile Sindayigaya wari ushinzwe inyubako muri ADEPR na Mukakamari Lynea wari ushinzwe ububiko bwa Dove Hotel ubwo yubakwaga nibo bahamwe n’ibyaha.

Urukiko rwakatiye Pasiteri Eng. Theophile Sindayigaya igihano cy’igifungo cy’imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe ndetse no gusubiza miliyoni 32 z’amafaranga y’u Rwanda yari yaratwaye. Mukakamari Lynea yakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri naho Mukakabera Mediatrice ahanishwa gufungwa umwaka umwe n’ihazabu yamafaranga y’u Rwanda ’ibihumbi magana atanu.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA