AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Kagame, Tshisekedi, Ndayishimiye, ,Samia, …bavuze ibigwi Umwamikazi Elizabeth II watanze

Kagame, Tshisekedi, Ndayishimiye, ,Samia, …bavuze ibigwi Umwamikazi Elizabeth II watanze
9-09-2022 saa 08:50' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 938 | Ibitekerezo

Abategetsi bo mu bihugu by’akarere hamwe n’abategetsi benshi ku isi batanze ubutumwa bw’akababaro no kuvuga ibigwi Umwamikazi Elizabeth II watanze ku myaka 96.

Bubashye uburyo yaranzwe no gukunda inshingano ze no kwihangana, hamwe n’uburyo yarangwaga no gusetsa n’ubugwaneza.

Mu bihugu byinshi ku isi amabendera yazamuwe kugeza muri kimwe cya kabiri, mu rwego rwo kunamira no guha icyubahiro uyu mwamikazi warambye ku ngoma kurusha abandi bose bo ku isi.

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yatangaje ko “Umwamikazi azibukwa ku isi nk’inkingi y’imbaraga, amahoro, n’ubumwe birambye”.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yavuze ko “yabaye urugero rw’ibiragano [ibisekuru] ku isi kandi azibukirwa ku butegetsi bwe bukomeye.”

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yavuze ko bibuka imyaka 70 yakuriye umuryango wa Commonwealth, ati : “Commonwealth igezweho ni umurage we”.

Naho mu izina rye, ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi wa DR Congo byatangaje ko yavuze ko gutanga kw’uyu mwamikari ari “igihombo gikomeye kuri UK, no ku isi yigaragarije bikomeye mu myaka 70 ku ngoma”.

William Ruto, Perezida watowe muri Kenya, yavuze ko bazakumbura “ibyamuhuzaga na Kenya”, igihugu yari yatembereyemo ubwo inkuru yo gutanga kwa se Umwami George VI yavugwaga mu 1952, maze Elizabeth agahita asubira i Londres igitaraganya akima ingoma.

Abandi bategetsi benshi bo ku isi batanze ubutumwa butandukanye buvuga ibigwi by’Umwamikazi Elizabeth II wasuye ibihugu birenga 110, birimo ibigera kuri 15 bya Africa, mu myaka 70 yamaze ku ngoma.

Abo bategetsi batanze ubutumwa barimo ;

 Umwami Willem-Alexander w’Ubuholandi
 Umwami Carl XVI Gustaf wa Sweden
 Umwami Philippe n’Umwamikazi Mathilde b’Ububiligi
 Umwami Salman wa Arabie Saoudite
 Perezida Ali Bongo Ondimba wa Gabon
 Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana
 Perezida Cyril Ramaphosa wa Africa y’Epfo
 Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria
 Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine
 Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya
 Perezida Joe Biden wa Amerika
 Perezida Xi Jinping w’Ubushinwa
 Perezida Isaac Herzog wa Israel
 Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa
 Chancellor Olaf Scholz w’Ubudage
 Minisitiri w’intebe Narendra Modi w’Ubuhinde
 Minisitiri w’intebe Fumio Kishida w’Ubuyapani
 Minisitiri w’intebe Jacinda Ardern wa New Zealand
 Minisitiri w’intebe Anthony Albanese wa Australia
 Perezida Moussa Faki Mahamat wa Komisiyo y’Ubumwe bwa Africa
 Perezida Ursula von der Leyen wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi
 Umunyamabanga mukuru wa ONU António Guterres

N’abandi benshi…

Mu itangazo yasohoye, Barack Obama wahoze ari Perezida wa Amerika wahuye na we kenshi, avuga ku Mwamikazi Elizabeth II, yagize ati “…twatangajwe n’uburyo ashyira abantu mu mutuzo, n’uburyo azana ibyishimo n’urugwiro mu birori.”

Perezida Ali Bongo Ondimba wa Gabon, kimwe mu bihugu biheruka kwinjira mu muryango wa Commonwealth, yavuze ko “Umwamikazi yari inshuti ikomeye ya Africa, kandi Africa nayo yamweretse urukundo”.

Perezida Joe Biden wa Amerika we yibuka ko ubwo yasuraga Ubwongereza mu 2021, ati : “yatwakiranye amagambo meza yo gusetsa, ubugwaneza, kandi adusangiza ubuhanga bwe”.

Umwamikazi Elizabeth II yahuye n’abaperezida 13 ba Amerika mu gihe yari ku ngoma.

Canada – aho Umwamikazi Elizabeth II yari umukuru w’igihugu – yagize ba minisitiri b’intebe 12 mu gihe yari ku ngoma.

Minisitiri w’intebe Justin Trudeau yavuze ko uyu mwamikazi yari “afite urukundo rwimbitse kandi rukomeye ku baturage ba Canada.”


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA