Dr Iyamuremye Augustin wari Perezida wa Sena y’u Rwanda yeguye kuri izi nshingano ndetse no ku zo kuba umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Ibaruwa y’ubwegure bwe yayandikiye abasenateri amenyesha abarimo Perezida wa Repubulika kuri uyu wa 8 Ukuboza 2022.
Muri iyi baruwa yavuze ko yeguye ku mwanya w’ubuyobozi bwa sena no ku busenateri kubera impamvu z’uburwayi akaba akeneye gufata umwanya wo gukomeza kwivuza bitabangamiye inshingano ashinzwe.
Ati “ Mboneyeho kongera gushima Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, icyizere ntagereranwa atahwemye kungaragariza. Namwe ba nyakubahwa basenateri nongeye kubashimira ko mwantoye kandi mutigeze muntererana muri izi nshingano zitoroshye. Aho naba naragize intege nke si ku bushake, mbisabiye imbabazi kandi mbijeje ko ntazigera niyumvamo ko nacyuye igihe mu ntege nke zanjye zose nzakomeza kwitangira igihugu.”
Earlier today, Senate President Dr Augustin Iyamuremye submitted his resignation as the President of the Senate, and as a Senator, due to health reasons. Tomorrow, December 9th, a special plenary sitting will convene to declare the Office of the President of the Senate vacant.
— Rwanda Parliament (@RwandaParliamnt) December 8, 2022
Dr Iyamuremye Augustin yari Perezida wa Sena y’u Rwanda kuva muri 2019. Mbere yo kuba umwe mu bagize manda ya gatatu ya Sena, yari Perezida w’Ihuriro ry’Inama y’Inararibonye mu Rwanda kuva muri 2015 kugeza mu Ukuboza 2019. Yageze muri Sena ahawe inshingano na Perezida wa Repubulika. Afite Impamyabushobozi y’Ikirenga mu buvuzi bw’amatungo (Veterinary Medecine -Veterinary Doctor).
Yakoze imirimo itandukanye aho yabaye Umuyobozi mu nzego zirimo Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye kuva mu 2015 kugeza mu Ukwakira 2019, Urwego rw’Igihugu rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe kuva mu 2012 kugeza mu 2015.
Yabaye kandi Umusenateri kuva mu 2004 kugeza mu 2011 ndetse n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko Nyafurika muri icyo gihe. Muri Sena Dr Iyamuremye yabaye Perezida wa Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere, aba umwe mu bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga Ubutwererane n’Umutekano ndetse aba muri Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu.
Dr Iyamuremye yayoboye Minisiteri zirimo iy’Ububanyi n’Amahanga uhereye mu 1999 ukageza mu 2000, Minisiteri y’Itangazamakuru kuva mu 1998 kugeza mu 1999, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kuva mu 1994 kugeza mu 1998.
Mu zindi nshingano harimo kuba yarabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ubutasi bw’Imbere mu gihugu mu biro bya Minisitiri w’Intebe kuva muri Kamena 1992 kugeza muri Mata 1994. Yabaye kandi Perefe wa Perefagitura ya Gitarama kuva mu Ukuboza 1990 kugeza mu 1992, Umuyobozi w’Uruganda rw’Amata rwa Nyanza kuva mu 1984 kugeza mu 1990 n’Umwarimu n’Umushakashatsi muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda kuva mu 1977 kugeza mu 1984.