AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Amakuru mashya kuri Dosiye y’Umugore w’Umunyamakuru Theo wa Umubavu TV n’umugabo ushinjwa kumufasha gukora icyaha

Amakuru  mashya  kuri Dosiye y’Umugore w’Umunyamakuru Theo wa Umubavu TV n’umugabo ushinjwa kumufasha  gukora icyaha
10-11-2022 saa 15:54' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 2145 | Ibitekerezo

Dosiye ya Umwari Chantal( umugore w’umunyamakuru Théoneste Nsengimana nawe ufunzwe) ndetse n’uwo ubugenzacyaha buvuga ko yamufashije mu guhimba impapuro mpimbano yagejejwe mu bushinjacyaha.

Taarifa dukesha iyi nkuru ivuga Umwari Chantal we arakurikiranwa ari hanze( yarafunguwe) mu gihe Ihorahabona Jean de Dieu uvugwaho kumufasha mu guhimba uruhushya rwerekana ko yipimishije COVID-19 kandi atari byo we akurikiranwa afunzwe.

Aba bombi bari baherutse gutabwa muri yombi n’Ubugenzacyaha.

Umwari Chantal yafashwe akurikiranweho guhimba ko yipimishije COVID-19 kugira ngo yemererwe gusura umugabo we Théoneste Nsengimana kandi atarayipimishije.

Bidateye kabiri, ubugenzacyaha bwafashe Ihorahabona Jean de Dieu bushinja ko yafashije uriya mugore guhimba kiriya cyemezo cyo kwisuzumisha COVID-19.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry mu kiganiro aherutse kugirana na UKWEZI yemeje ko uyu mugore afunzwe ati’’Tariki ya 5 Ugushyingo 2022 , RIB yafunze umugore witwa Umwali Chantal , ukekwaho icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko no gukoresha inyandiko mpimbano ‘’

Avuga ko iki cyaha Umwali Chantal yagikoze ubwo yahinduraga Message cyangwa se ubutumwa bugufi bwa RBC bugaragaza ko umuntu yipimishije Covid-19 , akayerekana ubwo yari agiye gusura umuntu ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge(Megaragere) kandi nta Covid-19 yipimishije .

Umuvugizi wa RIB yakomeje avuga uyu mugore yafatiwe mu Kagari ka Kavumu,Umurenge wa Mageragere ho mu Karere ka Nyarugenge ndetse ko ibi bikorwa yakoze bigize ibyaha bihanwa n’amategeko mu Rwanda.

RIB kandi yavuze ko yanataye muri yombi uwitwa Ihorahabona Jean de Dieu ashinjwa gufasha uyu Umwali Chantal gukoresha inyandiko mpimbano aho nawe afungiye kuri Station ya RIB ya Rwezamenyo nk’uko Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry mu yabihamirije UKWEZI .

Iyo urukiko ruhamije umuntu ibyaha Ihorahabona akekwaho, amategeko ateganya ko ahabwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarengeje imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Frw 3,000,000 ariko atarenga Frw 5,000,000 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Nsengimana Theoneste afunganywe n’abandi bantu barindwi babayoboke b’ishyaka ritaremerwa mu Rwanda rya Victoire Ingabire “Darfa Umurinzi’’. Aba bose batawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha RIB mu ukwakira muri 2021, byavugwaga haburijemo igikorwa cyari cyateguwe cyo kwizihiza umunsi witiriwe Umuhoza Victoire Ingabire wiswe “Ingabire Day”, ibi biganiro byavugwaga ko byari guca kuri Shene ya Umubavu TV.

Aba baregwa bose bamaze umwaka bafunzwe , ikiburanwa ni ubujurire bwabo aho urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, kuwa 09 Ugushyingo 2021, rwategetse ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo bagafungirwa muri Gereza ya Nyarugenge (Mageragere).


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA