AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Zabyaye amahari mu biro bya Tshisekedi :Babiri bafunzwe bashinjwa guha u Rwanda amakuru y’ubutasi

Zabyaye amahari mu biro bya Tshisekedi :Babiri bafunzwe bashinjwa guha u Rwanda  amakuru y’ubutasi
14-11-2022 saa 07:24' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 1527 | Ibitekerezo

Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatanze itegeko ryo gufunga abakozi 2 bakora mu biro bye abashinja kugambana n’u Rwanda.

Abafunzwe ni Didier Baitopla ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Perezidansi n’umyobozi wa Gahunda za Perezida Freddy Kangudia. Ibitangazamakuru byandikirwa muri RD Congo byavuze ko aba bakozi ba Perezidanasi bafungiwe muri gereza nkuru ya Makala i Kinshasa.

Hari amakuru kandi avuga ko, Claude Ibalanky wari uhagarariye itsinda rya Leta ya Kinshasa mu biganiro bya Nairobi nawe amaze igihe afunzwe n’inzego z’umutekano zimukoraho iperereza.

Didier Baitopala na Freddy Kangudia bivugwa ko bafungiwe gusuzugura gahunda z’akazi no kuba batanga amakuru ku nzego z’ubutasi z’u Rwanda. Aba kandi ngo bashinjwa kumena amabanga akomeye y’igihugu , ubwo bashyiraga hanze ifoto ya Perezida Tshiskekedi aganira n’Intumwa yari yaturutse mu Burundi.

Didier Baitopala na Freddy Kangudia ngo hari ibindi byaha bitigeze bitangarizwa itangazamakuru, aho bavuga ko n’ubusanzwe hari uburyo bajya batanga amakuru ku butegetsi bw’u Rwanda.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA