AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Umugabo waburiwe irengero nyuma yo gukatirwa na Gacaca yafatiwe i Kayonza nyuma y’igihe kinini yiyoberanya

Umugabo waburiwe irengero nyuma  yo gukatirwa  na Gacaca  yafatiwe  i Kayonza nyuma y’igihe kinini yiyoberanya
27-07-2022 saa 05:46' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 1428 | Ibitekerezo

Umugabo w’imyaka 61 wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi n’inkiko Gacaca zo mu Karere ka Rwamagana, yatawe muri yombi nyuma y’imyaka myinshi yiyoberanya akajya gupagasiriza mu Karere ka Kayonza.

Uyu mugabo yatawe muri yombi kuwa Mbere tariki ya 25 Nyakanga 2022 afatirwa mu Mudugudu wa Gakoma mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yakoreye ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu Mudugudu wa Samatare mu Kagari ka Kagezi mu Murenge wa Gahengeri, ubwo yatangiraga kuburanishwa n’inkiko Gacaca ngo yahise atoroka aza gukatirwa imyaka 30 y’igifungo adahari.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi, Bushayija Benon, yemeje ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’amakuru bahawe n’abaturage ko hari umuntu wari umuzi ko yakatiwe n’inkiko Gacaca nyuma yo guhamywa ibyaha bya Jenoside.

Ati “ Yahise atoroka nyuma yo gukatirwa imyaka 30, yaraje abanza muri Gahini kuko niho yafatiye n’indangamuntu mu Kagari ka Juru hanyuma inaha muri Gakoma yahaje aje gupagasa bisanzwe, nyuma y’uko umuturage aduhaye amakuru twahise tumufata aranabyemera ko yakatiwe gusa akavuga ko ari igihano gisubitse agomba kugikora ari hanze.”

Uyu muyobozi yavuze ko bahise bamushyiriza inzego z’umutekano kuri ubu ngo ko arizo ziri gukurkirana kugira ngo zimenye neza amakuru y’uko yakatiwe iperereza rikaba ngo rikomeje kuri ubu.

Bushayija yavuze ko mu Murenge wa Murundi hakunze kuza abantu benshi baba barakoze ibyaha mu tundi turere bakaza baje gusaba akazi mu nzuri, yavuze ko kuri ubu basigaye babasaba ibyangombwa by’imyifatire bigaragaza ko koko aho bavuye nta byaha bahakoreye bakabona kubemerera kuhakorera bazwi neza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahengeri, Ntamabara Allan, yavuze ko koko uwo mugabo inkiko Gacaca zari zaramukatiye imyaka 30 aza gutoroka atayifunzwe, yavuze ko kuri ubu bagiye gushaka uko yagarurwa agafungwa.

Ivomo:Igihe


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA