AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye guhurira muri Tanzania

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye  guhurira muri Tanzania
19-07-2022 saa 06:15' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 1153 | Ibitekerezo

Tariki 21 Nyakanga 2022 hemejwe ko abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bazahurira i Arusha muri Tanzania.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubunyamabanga bwa EAC rivuga ko Abakuru b’ibihugu bazegera i Arusha kuwa 21 Nyakanga 2022, baganire ku ishyirwamubikorwa ry’isoko rusange ry’uyu muryango bigaragara ko ryadindiye.

Kuwa 22 Nyakanga abakuru b’ibihugu bazaganira ku ngingo zitandukanye zirimo , gukomeza ubufatanye n’ubutwererane mu bihugu binyamuryango.

Abakuru b’ibihugu baherukaga guhurira i Nairobi muri Kenya kuwa 17 Kamena 2022, aho iyi nama yabahuje yari yatumijwe na Perezida Kenyatta Uhuru uyobora uyu muryango.

Mu myanzuro yafatiwe muri iyi nama yemeje ko hoherezwa ingabo z’ibihugu bigize uyu muryango mu guhangana n’imitwe y’inyeshyamba ikorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA