AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Mu mujinya mwinshi M23 yavuze ku barwanyi bayo bakomeye bishwe na FARDC

Mu mujinya mwinshi M23 yavuze ku barwanyi bayo bakomeye bishwe na FARDC
17-01-2024 saa 10:06' | By Editor | Yasomwe n'abantu 1580 | Ibitekerezo

M23 yemeje ko hari abakomando bayo babiri bishwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko ari ubutumwa bwashatse guha uyu mutwe, bityo ko na wo ugiye gusubiza muri ubwo buryo.

Ni nyuma y’uko bivuzwe ko hari abarwanyi babiri bakomeye ba M23 bishwe mu mirwano imaze iminsi ihanganishije uyu mutwe na FARDC.

Muri abo barwanyi bo ku rwego rwo hejuru bishwe na FARDC, biravugwa ko harimo Colonel Castro Elise Mberabagabo, usanzwe ari mu buyobozi bwa M23, aho yari ashinzwe ubutasi bwayo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024, M23 yashyize hanze itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizu w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, ivuga iby’aba bakomando bawo bishwe.

Iri tangazo rivuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kurenga ku myanzuro yafashwe igamije guhagarika imirwano, kuko kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, bwagabye ibitero ku bari imbere mu rugamba.

Iri tangazo rigira riti “Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024 ubutegetsi bwa Kinshasa bwongeye kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano ubwo bagabaga ibitero ku barwanyi bacu bari imbere ndetse bakica abakomando bacu babiri.”

M23 yasoje ivuga ko yumvise neza igisobanuro cy’ubu butumwa yohererejwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, bityo ko na yo igiye gusubiza nkayo.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA