Polisi yataye muri yombi Umushinwa nyuma yo kuvumbura ko arasa imbwa z’ abandi akoresheje imyambi iriho ubumara.
Polisi yo mu mujyi wa Zhangjiagang mu gihugu cy’ Ubushinwa ivuga ko uyu mugabo yafashwe amaze kwica imbwa 8 mu masaha abiri gusa.
Uyu mushinwa watawe muri yombi Dail Mail ivuga ko yagendanaga imyambi iriho ubumara yabona imbwa agahita ayirasa umwambi igapfa akayishyira mu isakoshi akajya kuyiteka muri resitora ye ya gakondo.
Hari abatangabuhamya bavuga ko babonye ukekwa ari kurasa imbwa yicaye ku kamoto gato(scooter).
Uyu mushinwa yafashe icyemezo cyo kujya yirirwa ahiga imbwa z’ abandi nyuma y’ uko asanze ipura iriho inyama y’ imbwa ihenda cyane mu gace k’ iwabo.