AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Ibandi ry’irigore rimaze kubaka izina ryafatanywe imfunguzo zikabakaba 200

Ibandi ry’irigore rimaze kubaka izina ryafatanywe imfunguzo zikabakaba 200
21-04-2020 saa 07:07' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 7469 | Ibitekerezo

Ishami rishinzwe kugenza ibyaha muri Kenya ryataye muri yombi umugore w’imyaka 39 umaze kumenyekana mu kwiba abagabo babiri bafatanyaga nawe bata imodoka bariruka.

Polisi ya Kenya ivuga ko uyu mugore witwa Elisabeth Akinyi yafashwe ubwo we na bagenzi be bari babonye polisi bagata imodoka bakiruka n’amaguru.

Asanzwe afite mu rukiko ikirego cy’ubugizi bwa nabi kirarangira kuburanishwa nk’uko bishimangirwa n’umuvugizi wa polisi.

Mu modoka barimo hasanzwemo purake KCU 586Q, mu rugo rw’uyu mugore hafatiweyo imfunguzo 8 za master keys, imfunguzo 180 z’inshurano, turunevise, masking tape, telefone ebyiri, igikoresho gikura imisumari (crowbar).

Iri shami rya polisi rishinzwe kugenza ibyaha rivuga ko Akinyi ari rimwe mu mabandi aherutse kwiba akanakomeretsa abantu ahitwa Gigiri na Kilimani.

DCI ivuga ko uyu mugore afite n’ikindi kirego cy’ubujura aho we n’agatsiko abarizwamo k’abantu 6 bafashwe tariki 18 Gicurasi 2019 bibye.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA