AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Abarundi bishe ingwe yari igiye kurya umupolisi bahita bayibaga barayirya - Amafoto

Abarundi bishe ingwe yari igiye kurya umupolisi bahita bayibaga barayirya - Amafoto
19-12-2016 saa 09:01' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 16295 | Ibitekerezo

Kuwa Gatandatu tariki 17 Ukuboza 2016, mu gace kitwa Giharo mu ntara ya Rutana mu gihugu cy’u Burundi hiciwe ingwe yajyaga irya abantu muri ako gace, ikaba yarishwe igiye kugirira nabi umupolisi wo muri iki gihugu. Nyuma yo kuyica, bahise bayibaga bayotsamo burusheti (brochettes) barayirya.

Nk’uko bigaragazwa n’amashusho yashyizwe hanze n’ikinyamakuru Ikiriho cyo mu Burundi, hari umupolisi wakomerekejwe n’iyi ngwe kuwa Gatandatu w’iki cyumweru dusoje, gusa nyuma kuyimukiza yahise inicwa.

Uyu ni umupolisi wakomerekejwe n’iyi ngwe mbere y’uko bayica

Iyi ngwe yari imaze igihe irya abantu yiciwe mu ntara ya Rutana mu Burundi

Nyuma yo kuyica, ntabwo bayihambye cyangwa ngo bayijugunye, ahubwo barayibaze barayimanika ubundi bayishyira ku mishito bayotsamo burusheti yose barayirya barayimara nk’uko iki kinyamakuru cyakomeje kibitangaza.

Nyuma yo kuyica abantu benshi bayifotorejeho

Byaje kurangira bayimanitse bayotsamo burusheti barayirya

Mu muco w’ibihugu bitandukanye, usanga hari ibisimba biribwa n’ibindi bifatwa nk’ikizira nyamara ugasanga hari ahandi babifata nk’amatungo asanzwe. Nko mu Rwanda, usanga abaturage benshi bumva ko imbwa, injangwe, ingwe n’ibindi bisimba byinshi byo mu gasozi bidashobora kuribwa, ndetse uwo bumvise yabikoze bakamutangarira. Nyamara nko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo usanga ibi bisimba biribwa ntacyo bikanga.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA