AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Nyuma y’urupfu rw’Umubikira U Burayi bwinjiye mu ntambara ya Mozambique

Nyuma y’urupfu rw’Umubikira U Burayi bwinjiye mu ntambara ya Mozambique
13-09-2022 saa 11:11' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 1629 | Ibitekerezo

Umuryango w’ Ubumwe bw’u Burayi (EU) wavuze ko wiyemeje gufasha Mozambique kurwanya iterabwoba rigaragara muri iki Gihugu.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wemeye kuzatanga imfashanyo nshya ku gisirikare cy’igihugu, nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyabaye mu cyumweru gishize.

Ikinyamakuru Africa News, cyatangaje ko Joseph Borrell ushinzwe ububanyi n’amahanga muri EU, uri mu rugendo rw’iminsi ibiri muri Mozambique, yabonanye na Perezida Filipe Nyusi hamwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Veronica Macamo, ku murwa mukuru Maputo.

Uwo mudiplomate yemeye ko uwo muryango ugiye kuzatanga izindi mfashanyo za gisirikare zifite agaciro ka miliyoni 15 z’amadolari ya Amerika.

Ayo madorali atanzwe mu rwego rwo gufasha ingabo zo mu karere ka Afurika, zirimo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado.

Urwo rugendo rwa Borrell rubaye nyuma y’iyicwa ry’umubikira w’umutaliyani mu gitero cyabereye mu ntara ya Nampula, nyuma yaho umutwe wa Leta ya kiyisilamu uza kwigamba ko ari wo wagikoze.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA