Iradukunda Liliane, umwe mu bakobwa 20 bahatanira kuba Nyampinga w’u Rwanda 2018, avuga ko mu migabo n’imigambi ye harimo kuzateza imbere ubukerarugendo bushingiye ku muco naramuka abashije kwegukana iri kamba rihabwa umukobwa wahize abandi mu bwiza, ubwenge, n’umuco.
Iradukunda Liliane w’imyaka 18 avuka kuri Ndori Paul na Uwimana Chantal akaba avuka mu Mujyi wa Kigali. Gusa avuga ko muri iri rushanwa ahagarariye Intara y’Uburengerazuba kubw’impamvu z’uko ari ahantu yabaye kandi akunda
Mu kiganiro yagiranye na Ukwezi.com, Liliane yavuze ko igitekerezo cya guhatanira Miss Rwanda yagikuranye ndetse kuri we akaba abona abifitiye ubushobozi ari nayo mpamvu asaba ko abantu bamushyigikira kugira ngo azabashe kwerekana koko ubwo bushobozi yifitemo
Mu byo avuga ashyize imbere aramutse abaye Nyampinga w’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2018, Liliane avuga ko azateza imbere ubukerarugendo bushingiye ku muco.
Iradukunda Liliane usaba abanyarwanda kumushyigikira no kumutora muri iri rushanwa aho avuga ko afite na gahunda yo kujya ategura amaserukiramuco agamije kwereka abanyamahanga umuco Nyarwanda.