AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

VIDEO : Benshi bazi ko ndi inshege, ko ndi igishegabo kandi nywa ibiyobyabwenge - Tidjara Kabendera

VIDEO : Benshi bazi ko ndi inshege, ko ndi igishegabo kandi nywa ibiyobyabwenge - Tidjara Kabendera
13-03-2020 saa 09:28' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 5853 | Ibitekerezo

Tidjara Kabendera, umunyamakuru wa Radio na Televiziyo Rwanda uri mu bamaze igihe bakunzwe cyane mu biganiro by’imyidagaduro no gususurutsa rubanda, yahishuye uburyo muri uyu mwuga yagiye ahura n’imbogamizi y’uko bamwe bamwibeshyaho, aho benshi bamwitaga inshege, abandi igishegabo naho abandi bakavuga ko ibyo akora abikoreshwa n’uko anywa ibiyobyabwenge.

Ibi Tidjara Kabendera yabitangaje mu kiganiro kirambuye yagiranye na Ukwezi TV, aho yahishuye uburyo umwuga w’itangazamakuru wamwubakiye izina bikagera ubwo ubu asigaye abyaza umusaruro izina byamwubakiye, akaba yinjiza amafaranga akura mu bantu benshi bakorana nawe akabamamariza ibikorwa byabo ku mbuga nkoranyambaga.

Tidjara yahishuye uburyo urubyiruko rufite telefone zigezweho, hari uburyo rwakoresha imbuga nkoranyambaga rukinjiza amafaranga aho kuzikoresha bashyira hanze amafoto bambaye ubusa cyangwa ama video bazunguza ibibuno, ibintu avuga ko baba bashobora kuzicuza mu myaka yabo iri imbere.

Muri iki kiganiro Tidjara yadutangarijemo inzira yanyuzemo yinjira mu itangazamakuru ngo yuse ikivi cy’umubyeyi we Shinani Kabendera wahoze ari umunyamakuru, yavuze ko uburyo abantu bagiye bamwita inshege, abandi igishegabo ndetse bakanavuga ko akoresha ibiyobyabwenge, byigeze gutuma ashaka kureka uyu mwuga ariko agera aho yiyemeza kubyirengagiza.

REBA VIDEO Y’IKIGANIRO CYOSE HANO :


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA