Nk’uko umunyarwenya Ziiro yabyiyemeje, buri kwezi azajya ashyira hanze amashusho aba yakoze mu buryo bw’urwenya agamije kurushaho guteza imbere urwenya rukorwa n’abanyarwanda, kuri iyi nshuro akaba agaragaza mu buryo busekeje uko yahabuye umupolisi.
Muri aya mashusho, umunyarwenya Ziiro aba ari umushoferi utwaye imodoka atagira ibyangombwa, umupolisi yamuhagarika akiga amayeri yo kumutera ubwoba, undi yahabuka akamureka ngo yigendere ndetse bikarangira ari we umusaba imbabazi.
REBA AKO KA VIDEO HANO :
Ziiro ashaka gukora utuvidewo (Video) tw’urwenya twinshi nk’utu, buri tariki ya mbere na buri tariki 15 z’ukwezi akaba azajya ashyira hanze agashya kandi gakozwe ku rwego rushobora gutuma kamenyekana mu ruhando mpuzamahanga, n’abanyamahanga bakamenya ko mu Rwanda hari abanyarwenya babigize umwuga.
Umunyarwenya Ziiro ashaka gushimisha abanyarwanda akanageza urwenya rw’abanyarwanda ku yindi ntera