Umuhanzikazi w’umuraperi Oda Pacy yashyize hanze ifoto yambaye ubusa buri buri uretse agakoma yikinze ku myanya ye y’ibanga.Iyi foto yayikoresheje mu ndirimbo nshya yise ‘Order’ agiye gushyira ahagaragara mu minsi ya vuba.
Oda Pacy amaze kumenyekana cyane mu bakobwa b’ibyamamare nyarwanda bagaragaza ubwambure bwabo ntacyo bishisha, ibintu bitavugwaho rumwe n’abakunzi be ndetse n’abakurikiranira hafi umuziki nyarwanda, aho bamwe bavuga ko ari uguta umuco nk’umunyarwandakazi.
Kuri iyi foto yatangiye kuvugisha benshi, uyu muhanzikazi yashyizeho ubutumwa bugaragaza ko izagaragara mu ndirimbo yise ’Odeur’ yakoranye n’itsinda rya Urban Boys, iyo ndirimbo ikazajya hanze mu minsi ya vuba cyane.
Abantu bamaze kubona iyi foto y’uyu muhanzikazi batangiye kuyivugaho byinshi bitandukanye, aho bamwe bari kwibaza uburyo yagiye ku karubanda akifotoza yambaye uko yavutse nta kibazo afite, abandi bakagaragaza ko abikora ashaka gushotora igitsina gabo.
N’ubwo ariko iyi foto yakomeje kwibazwaho byinshi, Oda Pacy we agaragaza ko nta kibazo kibirimo ngo kuko we iteka aba shaka kugaragaza itandukaniro ndetse n’impinduka muri muzika nyarwanda, akaba anagaragaza ko nta kindi aba agamije iyo ashyize amafoto nk’aya hanze.
Iyi foto yatangiye kuvugisha abantu