AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Hasohotse indirimbo ya nyakwigendera Kizito Mihigo ‘ivuga ku mbabazi n’ubwiyunge’

Hasohotse indirimbo ya nyakwigendera Kizito  Mihigo ‘ivuga ku mbabazi n’ubwiyunge’
7-04-2020 saa 08:46' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 9745 | Ibitekerezo

Mu gihe hagiye gushira amezi abiri umuhanzi Kizito Mihigo yitabye Imana, kuri uyu wa 6 Mata 2020 hasohotse indirimbo ye avuga ko yamagana abapfobya imbabazi n’ubwiyunge.

Tariki 17 Gashyantare 2020 nibwo ku mitima y’abakunzi b’umuhanzi Kizito Mihigo n’abakunzi b’ibihangano bye hatashye inkuru mbi, ko uyu muhanzi yiyahuriye muri kasho i Remera arapfa.

Mu buzima bwe yaranzwe no gutanga ubutumwa bwibanda ku bumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda ari nayo ndirimbo ye yasohotse nyuma y’urupfu.

Ubu butumwa yabutangiraga mu ndirimbo no biganiro Umuryango Kizito Mihigo pour la Paix watangaga.

Mu ndirimbo ye nshya yise ’Namaganye abantemera amababi’ avuga ko mu minsi ishize yamaganaga abapfobya Jenoside yakorewe abatutsi ariko ngo uyu munsi aramagana abapfobya imbabazi n’ubwiyunge bagamije inyungu zabo.

Mu ndirimbo ye nshya Kizito agira ati : "Nta muntu wasabira undi imbabazi, kandi nta muntu wazitangira undi, ni urugendo rw’umuntu n’Imana nyiri impuhwe n’imbabazi".

Mu ndirimbo ye Kizito aterura aririmba ko yamagana abapfobya imbabazi z’Imana bagamije inyungu zabo.

Avuga ko mu gihe gishize yaririmbye yamagana "abatoba amateka, ko ababikora batema imizi y’igiti". Ati : "Uyu munsi ndabona ngiye kwamagana abantemera amababi".


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA